Ihangana rya Afurika y'Epfo na Nigeria ryaba ikiraro kigeza Bénin mu gikombe cy'Isi?
Afurika y'Epfo na Nigeria ni ibihugu bibiri bihora bihanganye muri Afurika ahanini ku ruhande rw'abaturage baba bavumva ko buri wese ku ruhande rwe ari bo bakomeye kuri uyu mugabane, mu ngingo zirimo ubukungu, umuziki, siporo, n'ibindi.
Kenshi usanga ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, abaturage b'ibi bihugu byombi bamwe bavuga bati "Nitwe bihangange bya Afurika" (Giant of Africa) n'abandi bikaba uko.
Ibi bihugu mu gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026, byisanze bihuriye mu itsinda rimwe rya gatatu binahuriyemo n'u Rwanda, Bénin, Lesotho na Zimbabwe. Afurika y’Epfo na Nigeria byahabwaga amahirwe yo kuvamo uzayobora iri tsinda bitamugoye, byaje kwirangaraho, ibikomeje guha Bénin amahirwe yo kuba yajya mu gikombe cy'Isi bwa mbere mu mateka.
Kugeza ubu ubwo hagiye gukinwa umunsi wa nyuma wo gushaka itike y'igikombe cy'Isi cya 2026, mu itsinda C riyobowe na Bénin nyuma y'uko itsindiye u Rwanda i Kigali. Bénin ifite amanota 17 isabwa gutsinda cyangwa ikanganya na Nigeria mu gihe Afurika y'Epfo yaba itatsinze u Rwanda ibitego birenze ikinyuranyo cya bibiri, hanyuma igahita ijya mu gikombe cy'Isi.
Afurika y'Epfo na Nigeria bisa n'ibyirangayeho muri iri tsinda
Nigeria iri ku mwanya wa gatatu n'amanota 14 niyo ifite amahirwe macye muri ibi bihugu bitatu kuko isabwa gutsinda Bénin ibitego byinshi, ikaba yategereza uko umukino wa Afurika y'Epfo n'u Rwanda urangira.
Muri Nigeria benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, nyuma yo kubona ko bafite amahirwe macye yo kujya mu gikombe cy'Isi cya 2026 kizabera muri Amerika, Canada na Mexico, bagaragaje ko ikipe yabo ishaka yaharira Bénin ikabona uko ijyayo aho kugira ngo Afurika y'Epfo iba ari yo igenda.
Ibi bihugu byanganyije imikino yabyo yose muri iri rushanwa
What's Your Reaction?










