Abafana ba APR FC barataka ko nta mutoza ikipe ifite
Nyuma y'umukino ikipe ya Kiyovu Sports yanganyijemo ubusa ku busa na APR FC, abafana b'ikipe y'ingabo z'igihugu bagaragaje ko nta mutoza bafite.
Ni umukino w'umunsi wa gatanu wa Rwanda Premier League, yabaye kuri uyu wa Gatandatu ku isaha ya saa cyenda z'igicamunsi, ubera kuri Kigali Pelé Stadium. Kiyovu Sports yari yakiriye umukino ntiyahabwaga amahirwe yo kuwegukana ahanini hagendewe ku bibazo imaranye igihe.
Amakipe yombi mu mukino yagiye agaragaza imbaraga cyane APR FC yanahabwaga amahirwe yo kuwutsinda. Umukino waje kurangira nta kipe ibashije kwinjira indi igitego ndetse Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda ukinira APR aza kubona ikarita itukura ku munota wa 82' nyuma y'uko yari abonye iya kabiri y'umuhondo.
APR FC igize amanota 7 mu mukino itatu, abafana bayo bamwe batashye bikoma umutoza bavuga ko urwego rwe ruri hasi.
Bamwe bati "Nta mutoza dufite ikipe kubona igitego mu izamu biragoye, reba mu 'Inkera y'Abahizi' ukuntu ikipe yakinaga, CECAFA, hose bigaragara ko ikipe idatoje. Bayobozi mudutabare ikipe ibone umutoza."
Kiyovu Sports itahabwaga amahirwe yihagazeho imbere ya APR FC
What's Your Reaction?










