RIB yatangaje ko n'abize basigaye bacuruzwa

Umuvugizi w'Urwego rw' Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B Thierry yavuze ko muri iyi minsi abantu bize basigaye batwarwa bakajya gucuruzwa ukibaza icyo bigiye ku ishuri kikakuyobera.

Jun 2, 2025 - 15:51
Jun 2, 2025 - 16:28
 0
RIB yatangaje ko n'abize basigaye bacuruzwa

Dr. Murangira B Thierry uvugira Urwego rw' Igihugu rw'Ubugenzacyaha [RIB] yavuze ko abantu bose yaba abize n'abatize basigaye bajyanwa gucuruzwa maze bagakoreshwa imirimo irimo iy'urukozasoni.

Ibyo yabitangarije mu kiganiro n'itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 02 Kamena 2025.

Dr Murangira yikije ku bivugwa ko abantu bakorerwa ubucuruzi ari abatabashije kujya mu ishuri ngo bige ibyigwa bitandukanye. Muri iyi minsi hasigaye hacuruzwa abantu bize n'abatarize.

Ati:"Abantu mwese mubimenye, ubwo kandi ubimenye abibwire mugenzi we ko ibyaha byo gucuruza abantu biriho, biri gukorwa umunsi ku wundi. Ntabwo kandi hagicuruzwa abantu badasobanutse, ubu turabona abantu bize amashuri runaka bafite ubumenyi batwarwa."

Dr Murangira yakomeje avuga ko abo baturage batwarwa mu gukoreshwa akazi k'uburetwa, hari abashorwa mu buraya, abakurwamo ingingo n'ibindi.

RIB ivuga ko hagati ya Kamena 2024 na Gicurasi 2025 hagaruwe mu gihugu abantu 105. Ni imibare yagiye hejuru y'imyaka yabanje kuko kuva mu mwaka wa 2019 kugeza mu mwaka wa 2024 hagaruwe mu gihugu abantu 39. Bityo, RIB irasaba abantu kugirira amakenga ababashukisha kubaha akazi.

Ku mbuga nkoranyambaga hakunda kugaragara abivugira ko bari baratwawe gukoreshwa imirimo y'uburetwa mu bihugu nka Myanmar, Oman, Yemen, Saudi Arabia n'ahandi. Hari umukobwa wo muri Uganda wagarutse avuga ko yategekwaga konsa imbwa.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow