Ibyo wamenya ku muyobozi mukuru wungirije wa RBA, Sandrine Isheja
Inama y’Abaminisitiri ya mbere nyuma yuko hashyizweho Guverinoma, yateranye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yagize umunyamakuru Sandrine Isheja umuyobozi mukuru wungirije w’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru, RBA.
‘Wahinduye Ibihe’ ni indirimbo y’umuramyi Chryso Ndasingwa igaruka ku kuntu Imana ihindurira ubuzima umuntu akava ku rwego rumwe akajya ku rundi. Ni byo byabaye ku munyamakurukazi Isheja Sandrine wakoreraga KISS FM akagirwa umuyobozi mukuru wungirije wa RBA.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 23 Kanama 2024, nibwo hasohowe ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri bikubiyemo ibikorwa n’imyanzuro itandukanye. Hagaragaraho ko umunyamakurukazi Isheja Sandrine yagizwe Umuyobozi mukuru wungirije wa RBA.
Sandrine Isheja Butera ni umwe mu banyamakurukazi bagiye bazamuka urwego ku rundi kuva mu mashuri abanza kugeza muri Kaminuza y'U Rwanda, Ishuri ry’Itangazamakuru n’Itumanaho, akora n’umwuga w’itangazamakuru.
Guhera mu mwaka wa 2008, yatangiriye kwimenyereza umwuga w’itangazamakuru kuri Radio Salus
Butera Isheja Sandrine wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RBA yigeze kugira ati:”Icyo wiyaturiyeho kikubaho.”
Ni kenshi Isheja Butera yagiye avuga ko yatangiye gukora kuri Radio Salus akiga muri Kaminuza y'u Rwanda i Huye.
Kuri Radio Salus yakoze mu biganiro byibanda ku myidagaduro birimo ‘Salus Relax.’
Nyuma ya Radio Salus, asoje amasomo ye mu Ishuri ry'Itangazamakuru n'Itumanaho, Isheja Sandrine yajyiye gukorera Radio Isango Star, nyuma ajya kuri KFM ahava ajya kuri KISS FM. Ni ho yari agikora ubwo Inama ya Guverinoma yamugiraga Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RBA.
Aho yakoraga hose yibandaga ku biganiro bigaruka ku myidagaduro.
Afite icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza
Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza yacyize mu birebana n'Uburinganire n'Ubwuzuzanye hagati y'Abagabo n'Abagore.
Ni umwe mu basangiza b’amagambo beza (MC)
Uyu Sandrine Isheja yayoboye ibiganiro bitandukanye birimo ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi; mu kirori giherutse cyo Kwita Izina ku wa 01 Nzeri 2023, yafatanyije na Arthur Nkusi. Yanagaragaye ayoboye bimwe mu bikorwa byo kwiyamamaza by’Umukandida w’Umuryango FPR-INKOTANYI, Paul Kagame.
Yitabiriye isiganwa ry’imodoka ‘Huye Rally 2024’
Sandrine Isheja yabaye ’copilote’ wa Giancarlo Davite mu isiganwa ry’imodoka rya Huye Rally 2024 ryabaye hagati ya tariki ya 14-16 Kamena. Nubwo bari begukanye umwanya wa mbere ku munsi wa mbere w’iryo rushanwa. Babaye n’aba mbere mu gusezererwa nyuma y’uko imodoka yabo igize ikibazo muri moteri.
Uyu Sandrine Isheja ni umwe mu bafite izina rikomeye mu myidagaduro y’u Rwanda, uretse ibyo kandi akaba ari n’umujyanama mu bijyanye n’imibanire.
Mu bikorwa byo kwamamaza Umukandida w'Umuryango FPR-INKOTANYI, Paul Kagame, uyu Sandrine Isheja yahuye n'abaturage bamukunda
What's Your Reaction?










