Kuvugira mu ndege byatumye atabwa muri yombi

Umugabo wari uvuye mu mujyi wa London mu Bwongereza yerekeza i Glasgow yateje urusaku mu ndege amaze gusoza urugendo bahita bamuta muri yombi.

Aug 1, 2025 - 12:29
Aug 1, 2025 - 12:59
 0
Kuvugira mu ndege byatumye atabwa muri yombi

Uwo mugabo w’imyaka 41 wari mu ndege iva mu mujyi wo mu Bwongereza, London yerekeza i Glasgow muri Scotland yateje urusaku mu ndege yifuriza urupfu Donald Trump, indege imaze kugera ku kibuga cyayo mu masaha ya mugitondo saa 8:20 am, ahita atabwa mu kasho.

Amazina y’uwo mugabo ntabwo yigeze ashyirwa ahagaragara gusa yatawe muri yombi akurikiranyweho gusakuriza mu ndege avuga n’ibintu bibi.

Yumvikanye mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agira ati:”Ibisasu… urupfu kuri Amerika, Donald Trump apfe kandi Imana ni yo Nkuru.”

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi ryo muri Scotland rishinzwe kurwanya iterabwoba yemeje ko uwo mugabo yatawe muri yombi. Bakomeje kwiga kuri ayo mashusho bareba niba nta wundi muntu wabyijanditsemo, bashakaho n’amakuru yuzuye kuri ibyo byabaye.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow