Perezida wa Vipers SC yiyemeje guhangana na FUFA
Umwuka mubi hagati ya Perezida wa Vipers SC, Dr Lawrence Mulindwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda (FUFA) ukomeje gututumba ahanini bapfa uburyo bushya bwashyizweho bwo gukina shampiyona muri iki gihugu.
Amakuru ava mu bayobozi bwa Vipers avuga ko ubuyobozi bw’iyi kipe buhangayikishijwe cyane n'ibyo bise "akarengane no kugerageza kubangamira ejo hazaza h’iyi kipe" muri StarTimes Uganda Premier League iri gukinwa ubu.
Ubuyobozi bwa Vipers kandi buvuga ko batwaye igikombe cya shampiyona mu mwaka w'imikino wa 2024-2025, ndetse bagatwara n'igikombe cy'igihugu ariko kugeza n'ubu umwaka mushya wa shampiyona ya 2025_2026 utangiye batarahabwa ibihembo.
Mu itangazo iyi kipe iheruka gushyira ahagaragara, yaburiye FUFA iyishinja "ubusumbane bushingiye ku mitegurire y’imikino", ivuga ko itazongera guceceka mu gihe ibikorwa byayo biri kubangamirwa.
Perezida Mulindwa wahoze anayobora FUFA, ndetse akaba ari umwe mu bashoramari bakomeye ndetse bubashywe mu mupira w'amaguru wa Uganda, ntiyemeranya na gato n'uburyo bushya bwo gukina shampiyona bwashyizweho na Perezida wa FUFA, Moses Magogo.
Vipers SC yanze kwitabira umukino wa shampiyona yari ifitanye na Kitara FC
Kuri ubu shampiyona ya Uganda yavuye ku buryo bwari busanzwe, aho buri kipe yakinaga n'indi imikino ibiri mu mwaka w'imikino, gusa ubu buryo bushya bwashyizweho amakipe azajya akina mu byiciro bitatu hagende harebwa ayagize imyanya myiza avemo ayitwara igikombe andi nayo avemo amanuka.
Ikipe ya Vipers SC ikomeje kwerekana ko ititeguye gukina muri ubu buryo bushya, ku buryo mu cyumweru gishize yanze kugera ku kibuga ngo ikine umukino yari ifitanye na Kitara FC kuri Namboole Stadium, ku wa 4 Ukwakira 2025.
Ku ruhande rwa FUFA, abayobozi bayo bahakana ibyo kuba barenganya amakipe amwe ndetse bagakomeza kwerekana ko bashikamye ku myanzuro bafashe ijyanye ni uko shampiyona izakinwa muri uyu mwaka.
What's Your Reaction?










