Perezida wa Chorale de Kigali, Hodari Jean Claude yagarutse ku mpamvu badakorera ibitaramo mu ntara

Perezida wa Chorale de Kigali, Hodari Jean Claude yatangaje ko itsinda ry'abaririmbyi ayoboye badakorera ibitaramo mu ntara kubera ingendo.

Jun 20, 2025 - 15:01
Jun 20, 2025 - 15:31
 0
Perezida wa Chorale de Kigali, Hodari Jean Claude yagarutse ku mpamvu badakorera ibitaramo mu ntara

Hodari Jean Claude uyobora itsinda ryamaze  kuba ubukombe mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana "Chorale de Kigali" yavuze ko umuntu abategeye imodoka baririmbira mu bice biri mu ntara nka Huye cyangwa se Nyagatare.

Mu kiganiro n'itangazamakuru yabajijwe impamvu badakunda kuririmbira mu bice byo mu Mujyi wa Kigali banafite igitaramo ku wa 21 Kamena 2025, muri Kigali Universe, adaciye ku ruhande yabyeruye agira ati:"Impamvu ibitera ni ukutagira ubushobozi bushyitse. Kujya mu mujyi nka Huye byadusaba kujyana itsinda ndetse tukamara n'iminsi twitorezayo. Ibyo byose byadusaba amafaranga."

"Tubonye nk' umuntu udufasha akadutwara mu modoka, akavuga ngo iby'urugendo arabyimenyera, twagenda tukahakorera igitaramo."

Chorale de Kigali ni rimwe mu matsinda aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana amaze igihe kirekire. Iryo tsinda ryo riri kurenza imyaka 60 rishinzwe.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow