Perezida Donald Trump yagize icyo avuga ku ishyaka rya gatatu riri gutekerezwa na Elon Musk

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump yikomye umushinga mugari wa Elon Musk wo kuzana irindi nshyaka muri Amerika ngo rihangane n'irye.

Jul 7, 2025 - 10:27
Jul 7, 2025 - 14:19
 0
Perezida Donald Trump yagize icyo avuga ku ishyaka rya gatatu riri gutekerezwa na Elon Musk

Nyuma yuko umuherwe wa mbere ku Isi, Elon Musk atangarije kuri X ko afite gahunda yo gushinga ishyaka rishya muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ryitwa "America Party," Donald Trump yavuze ko ibyo agiye gukora ari ubupfapfa.

Mu kiganiro n'itangazamakuru, Donald Trump yagize ati:"Numva ari ubupfapfa gufata umwanzuro wo gushinga ishyaka rya gatatu muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika."

Yakomeje agira ati:"Dusanzwe dufite amashyaka abiri atorwamo umukuru w'igihugu. Gutangiza ishyaka rya gatatu byazamura urujijo."

Mu cyumweru gishize nibwo Elon Musk uyoboye abandi baherwe ku Isi mu kugira amafaranga menshi arenga miliyari 300 z' Amadolari y'Amerika, yaciye ku rubuga rwe rwa X avuga ko yatangije ishyaka rishya ryitwa "America Party." 

Ni mu magambo gusa kuko ntaho aragaragara ari kumwe n'abayoboke b'iryo shyaka.

Elon Musk wagaragaye ashyigikira Donald Trump mu matora y'umukuru w'igihugu yo muri 2024 birangira anayatsinze, muri iyi minsi ntibameranye neza mu itangazamakuru kuko buri umwe avuga nabi ndetse agashaka gufungira inzira undi.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow