Burundi: Tanganyika iri gutera abaturage

Mu gihugu cy'U Burundi, abaturage batuye ku nkombe z' ikiyaga cya Tanganyika barataka ko amazi y'icyo kiyaga ari kurenga inkombe zacyo akagera ahari ibikorwa byabo. Barasaba ko Leta yagira icyo ibikoraho.

Apr 12, 2025 - 07:33
Apr 12, 2025 - 10:39
 0
Burundi: Tanganyika iri gutera abaturage

Abaturage bo mu gihugu cy'U Burundi cyane cyane abakorera hafi y'ikiyaga cya Tanganyika mu gace ka Rumonge baravuga ko bari guhura n'igihombo gikomeye kubera amazi y'icyo kiyaga akomeje kurenga inkombe akagera mu bikorwa byabo bamwe barabitaye barahomba.  Barasaba ko Leta y'igihugu cyabo yabafasha kuyakumira.

Tanganyika ni ikiyaga kinini cyiri hagati y'ibihugu: U Burundi, Zambia, Tanzania na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Mu gihugu cy'U Burundi, gikorwaho n'imijyi nka Bujumbura n'uwa Rumonge.

BBC yatangaje iyi nkuru yageze aho ku nkombe za Tanganyika ho mu gace ka Rumonge muri karitsiye ya Kanyenkoko ihabwa ubuhamya na bamwe mu baturage baho. Bavuze ko muri iki gihe amazi yazamutse cyane kurusha uko yarameze mbere, arenga inkombe arabatera.

Batangaje kandi ko yirukanye ku nkombe abari bashinzwe kumenya uko ubuzima buhagaze bw'uwinjira n'usohoka. Yirukanye kandi abari bashinzwe imisoro n'amahoro ku binjira n'abasohoka mu gihugu cy'U Burundi bava cyangwa bajya muri RD Congo.

Bakomeje batanga amakuru ko hari igihe babyutse basanga amazi yateye ahari habitswe amakaziye y'inzoga, zimwe zatwawe.

Ayo mazi yahungabanyije kandi ibijyanye no gupakira ndetse no gupakururira ibicuruzwa ku cyambu. Bagira ikibazo ko imari zabo zatwarwa.

Ikindi kandi, bikomeje kubangamira ubucuruzi bw'utubari n'amahoteli ahabarizwa. Amazi yageze ahari umucanga abakiriya ntibabyishimira bamwe babacikaho barigendera. Barahombye cyane nk'uko umwe mu bo mu tubari twaho yavuze ko mbere bashoboraga kubona arenga miliyoni ebyiri z'Amafaranga y'Amarundi ku munsi ariko ngo ubu nta bakiriya bakibona.

Uretse abahasigaye bahanyanyaza bamwe barahataye bemera igihombo barimuka. Bo babona ayo mazi atari menshi ku buryo yananira Leta, bityo barayisaba ko yabafasha ikayagomera.

Ku ruhande rw’ubuyobozi, umwe mu bayobozi b'agace ka Rumonge witwa Abdul Ntiranyibagira yavuze ko Leta yamenye icyo kibazo ikabimurira mu gace ka Mutambara ariko bamwe basubiyeyo. Abasaba gukurikiza amabwiriza bakava hafi y'icyo kiyaga.

Hari impungenge ko byamera nk'iby'umwaka ushize. Icyo gihe, amazi ya Tanganyika yarazamutse arenga inkombe, maze yangiza ibikorwa by’abashoramari n’ibikorwaremezo.

Ikiyaga cya Tanganyika gikora ku bindi bihugu birimo Zambia

Ab'i Rumonge hafi ya Bujumbura bafite impungenge z'izamuka ry'amazi y'icyo kiyaga ari kubatera aho bacururiza

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow