Olempike 2024: Nyuma yo gukubita Angela bakamusaka ubugabo, Imane yakubise undi mukobwa agwa igihumure

Umukobwa witwa Imane wavuzweho kugira imisembura ya kigabo, akaba akina umukino w'iteramakofe akomeje gukubita atababarira abo bahanganye mu marushanwa Olempike 2024, ubu yamaze gutsinda Hamori.

Aug 4, 2024 - 09:49
Aug 4, 2024 - 13:55
 0
Olempike 2024: Nyuma yo gukubita Angela bakamusaka ubugabo, Imane yakubise undi mukobwa agwa igihumure

Umunya-Algeria kazi ukina umukino w'iteramakofe witwa Imane Khelif uherutse gukubita igipfusi Umutaliyanikazi, Angela Carini, agakeka ko akubiswe n'umugabo, abantu ku mbuga nkoranyambaga bakavuga ko ari umugabo wakinnye n'umugore, yakomeje mu kindi cyiciro, ku wa Gatandatu, 04 Kanama 2024, yahanganye n'Umunya-Hongiriyakazi, Anna Luca Hamori, na we aramutsinda.

Umukobwa witwa Imane Khelif ukomoka mu gihugu cya Algeria giherereye mu majyaruguru y'Afurika, akomeje kuba igitaramo mu biganiro bitandukanye birimo n'ibyo ku mbuga nkoranyambaga, aho abantu bavuga ko ari umugabo wihinduje imiterere akaba umukobwa, kubera ukuntu agaragara nk'umugabo ndetse yagiye guhatana mu iteramakofe i New Dheli mu Buhinde baramupimye basanga afite ibimenyetso bibiri x,y, bituma bamukumira ntiyahatana.

Ubu yemerewe guhata mu mikino ya Olempike iri kubera i Paris mu Bufaransa, none nta mukobwa uri kumutsinda.

Ku ikubitiro, uyu Imane Khelif yahanganye na Angela Carini, amukubita igipfusi kimwe umukino uhita urangira mu masegonda 46 gusa. Khelif aba aratsinze.

Mu kiganiro n'itangazamakuru, Angela yavuze ko yumvise yarwanye n'umugabo kuko ngo ni bwo bwa mbere yarakubiswe igipfusi nk'icyo yakubiswe na Khelif. Abantu bahita bavuga ko nta bagabo mu mikino y'abagore.

Ku wa Gatandatu, Khelif yahanganye na Hamori wari wavuze ko nubwo yumvise bavuga ko Khelif ari umugabo wigize umugore, yiteguye kumutsinda. Inzozi ze (Hamori) ntizamuhiriye kuko yakubiswe igipfusi karahabutaka na Khelif, ahita amutsinda.

Khelif yahise akomeza mu kindi cyiciro, ku wa Kabiri w'icyumweru gitaha azahangana n'Umunya-Thailand-kazi, Janjaem Suwannapheng.

Uyu Khelif w'imyaka 25 yagiye ku rubuga rwa Instagram agaragaza ko nubwo abona abantu ku Isi bamwamaganira kure ngo ni umugabo, abantu b'iwabo muri Algeria baramushyigikiye. Ahamya ko ari umugore kuko ngo yavutse ari umugore.

Yagize ati:"Abantu b'iwacu muri Algeria baranshyigikiye. Njye ndi umugore kandi nzahora ndi umugore."

Angela wumvikanye avuga ko yarwanye n'umugabo, yavuze ko aramutse yongeye guhura na Khelif yamusaba imbabazi, ndetse akamuhobera kuko ngo ni mugenzi we.

Imane Khelif akomeje gushyikirwa n'ab'iwabo muri Algeria 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow