Nina Loz yahagaritse kwiyamamaza kubera ise ushinjwa kwiba inka

Nina Loz yahagaritse ibikorwa byo kwiyamamaza nyuma y'uko ise afunzwe ashinjwa ubujura bw'inka bwabereye ahitwa Rutunku hahana imbibi n'urwuri rwa Perezida Museveni.

Nov 11, 2025 - 11:36
Nov 11, 2025 - 11:45
 0
Nina Loz yahagaritse kwiyamamaza kubera ise ushinjwa kwiba inka

Umuhanzikazi Nina Loz ukorera umuziki muri Uganda gusa akaba afite n'inkomoko mu Rwanda, yahagaritse ibikorwa bye byo kwiyamamaza nk'umukandida ku mwanya w’umudepite uhagarariye Akarere ka Ssembabule, mu ishyaka rya National Unity Platform (NUP), riyobowe na Bobi Wine. 

Loz yahagaritse ibi bikorwa nyuma y'uko ise umubyara Matia Nshemereire afunzwe ashinjwa kugira uruhare mu bujura bw'inka bwabereye hafi y'urwuri rwa Perezida Museveni ruherereye ahitwa Kisozi mu Karere ka Gomba.

Uyu mubyeyi wa Nina Loz yafashwe ku wa 9 Ugushyingo 2025 nyuma y’uko iperereza rya polisi rimugaragaje mu bakekwaho ubwo bujura bw'inka bwabereye i Rutunku.

Nina Roz avuga ko umubyeyi we yavunzwe kubera impamvu za politiki 

Nyamara, Nina Roz we avuga ko se ari umwere kandi ko iki kirego gifite imvano mu bya politiki kuruta uko cyaba gishingiye ku kuri. Agakomeza avuga ikoranabuhanga rya 'CCTV Camera' riri ku rwuri rwa Perezida ryagakoreshejwe kugira ngo ukuri kugaragare. 

Nina Roz wari wateguye gutangirira ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu gace ka Lwemiyaga, yahisemo kumara umunsi wose ari imbere ya Sitasiyo ya Polisi ya Ssembabule aho se afungiye.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com