Ninjye wayijyanye! Unguka uwajyanye dosiye yatumye Intore z’U Rwanda zishyirwa mu murage w’Isi

Nyuma y’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), rishyize Intore z’U Rwanda mu murage ndangamuco udafatika w’Isi, Icyogere wahoze mu itorero Ibihame by’Imana yavuze ko yagize uruhare mu itangwa rya dosiye yatumye Intore z’U Rwanda ziterwa ishema ku Isi.

Dec 4, 2024 - 20:10
Dec 4, 2024 - 20:47
 0
Ninjye wayijyanye! Unguka uwajyanye dosiye yatumye Intore z’U Rwanda zishyirwa mu murage w’Isi

Intore yitwa Icyogere izwi mu itorero ry’Igihugu ‘URUKEREREZA’ yahishuye ko ari mu batewe ishema n’ubutore bw’U Rwanda ajya mu bafashe icyemezo cyo kujya gusobanura icyo intore y’U Rwanda ari yo kugeza basobanukiwe, bahita bayishyira mu murage w’Isi. Ni amagambo yashimangiwe n’Umuyobozi muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO, Kajuga Jerome.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 03 Ukuboza 2024, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangarije mu nama ya 19 y’abahagarariye ibihugu mu kubungabunga umurage w’isi, iri kubera muri Paraguay [izageza ku wa 07 Ukuboza 2024] ko Intore z’U Rwanda zishyizwe mu murage ndangamuco udafatika w’Isi.

Ni ibintu byashimishije Abanyarwanda bahise babisobanukirwa, abandi bakomeza gusobanuza ibyo byiza U Rwanda rwahawe.

Icyogere yivuga agira ati:”Ndi Icyogere mu bahungu, ndi ngombwa ku itabaro! Nkaba nitwa Icyogere ndi intore yo mu ‘Ishyaka ry’Intore’ no mu itorero ry’igihugu Urukerereza.” Yabanje kuvuga abatije imbaraga igiterekezo cyo kwandikisha Intore z’U Rwanda ngo zishyirwe mu murage wa UNESCO.

Yagize ati:”Igitekerezo cyo kujyana dosiye cyatewe imbaraga n’ubuyobozi bw’igihugu. Njye ndi mu bagiye gusobanura no kwandikisha Intore z’U Rwanda; ninjye wagiye nk’intore nkuru ndasobanura iby’Intore; umugara ni iki? Intore yambara ite? Biba bisobanuye iki?”

“Ndishimye kuko ubutore n’umuco wacu washyizwe mu murage w’isi kuko imbyino yacu ntabwo ikiri imbyino itazwi, irazwi cyane! Yahawe agaciro ku buryo wayiraga abawe bose batari Abanyarwanda, mbese n’abandi bose b’ikiragano cyizaza.”

Umuyobozi muri Komisiyo y’Igihugu ikorana na UNESCO, ushinzwe umuco n’ubumenyi bw’imibereho n’imibanire y’abantu, Kajuga Jerome yunga mu rya Icyogere, ahamya ko ibyo bishimishije cyane ndetse bigiye guteza imbere U Rwanda biciye no mu bukerarugendo.

Yagize ati:”Nyuma y’imyaka irenga ibiri dusabye ko Intore z’U Rwanda zashyirwa mu murage w’isi, ku wa 03 Ukuboza 2024, twahawe ibyo twasabye, ubu ni ibyishimo gusa gusa, kuko wamenyekanye hirya no hino ku Isi, ntizikiri mu Rwanda zambutse imipaka zigera hirya no hino ku Isi. Abantu bazajya babona ko Intore z’U Rwanda ziri mu murage w’Isi bashishikazwe no kuzibona, bitabire ibirori by’aho bataramiye. Basure U Rwanda, batuzamurire ubukerarugendo.”

Kajuga yakomeje avuga impamvu Intore z’U Rwanda ziri mu murage udafatika.

Ati:”Intore ziri mu murage udafatika kuko ntabwo ari ahantu, ntabwo ari ikintu washyikira ukagifata. Ifatika ni nka ziriya nzibuto enye za Jenoside yakorewe Abatutsi ; urwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Nyamata, urwa Bisesero n’urwa Murambi, ziherutse kwandikwa mu murage w’Isi. Mbibutse ko na Parike y’Igihugu ya Nyungwe yamaze kwandikwa.”

Amateka y’U Rwanda agaragaza ko ‘Umuhamirizo w’intore’ wamenyekaniye mu gace ka Nyaruguru [ubu hasigaye ari mu Karere ka Nyaruguru] ku ngoma y’Umwami Kigeli IV Rwabugili, utozwa abakuru n’abato bawuha ubuzima kugeza uyu munsi.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow