Musanze FC yatsinze APR FC yongera guha ijambo abacyeba

Musanze FC yatsinze APR FC ibitego 3-2, mu mukino w'umunsi wa 8 wa shampiyona, yongera guha ijambo abafana ba Rayon Sports bishimiraga ko mukeba yatsinzwe nyuma yo kubandagaza mu mukino uheruka kubahuza.

Nov 22, 2025 - 17:58
Nov 22, 2025 - 22:39
 0
Musanze FC yatsinze APR FC yongera guha ijambo abacyeba

Ikipe ya Musanze itahabwaga amahirwe muri uyu mukino, yafunguye amazamu hakiri kare ku munota wa 6 gusa, igitego cyatsinzwe na Mutsinzi Charles, mu gihe abakunzi ba APR FC bari bizeye ko ikipe yabo yakwishyura, ku munota wa 22, Shaban Hussein Chabalala yaje guhita atsinda igitego cya kabiri. 

Bidatinze kandi, Bizimungu Omar yatsinze igitego cya 3 cya Musanze FC, ndetse igice cya mbere kirangira iyi kipe iyoboye umukino.

Mu gice cya kabiri APR FC yagarutse ishaka kwishura, ndetse birabahira ku munota wa 63 ibona igitego cya mbere, gitsinzwe na myugariro wa Musanze FC Murangamirwa Serge, ku munota wa 87 ikipe ya APR FC yabonye igitego cya 2 cyatsinzwe na William Togui, abakunzi bayo batangira kwizera ko inota 1 rishoboka , umusifuzi wa 4 yongeyeho iminota 7, irangira Musanze FC yihagazeho itahana amanota 3.

Itsinzwi ya APR FC yari umwanya mwiza wo kwishima ku bafana ba mukeba wa Rayon Sports, baherukaga gutsindwa ibitego 3-0 kuri Sitade Amahoro.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com