Messi yatsindiye ibitego bitatu muri Amerika bigira ingaruka kuri Ronaldo uri mu Burasirazuba bwo Hagati
Ikipe ya Messi, Inter Miami yatwaye igikombe cya Shampiyona itsinze ibitego 6-2 bya New England Revolution, Messi atsindamo ibitego 3 [hat-trick] bihita bituma abafana babaza Cristiano Ronaldo niba ari kubona ibyo mugenzi we ari gukora.
Ibitego bitatu bya Messi ukina muri Amerika byahagurukije abakurikiranira hafi umupira w’amaguru baca ku mbuga nkoranyambaga babimenyesha Cristiano Ronaldo bahita bamuha umukoro.
Ikipe ya Messi, ‘Inter Miami’ ikina muri Shampiyona y’Amerika, MLS [Major League Soccer] yakinnye n’indi ikina muri iyo shampiyona yitwa ‘New England Revolution’ iyitsinda ibitego 6-2.
Ibyo bitego bibiri bya New England Revolution ni byo byabanje kwinjizwa. Igitego cya mbere cyayo cyagiyemo ku munota wa 2 ikindi cyagiyemo ku munota wa 34.
Nyuma y’iyo minota ikipe ya Inter Miami yokeje igitutu ku ikipe ya New England Revolution, maze ku munota wa 40 Suarez yashyizemo igitego cya mbere yongera gushyiramo ikindi ku munota wa 43.
Inter Miami yakomeje kwigaragaza mu gice cya kabiri, ku munota wa 58, Cremaschi atsinda igitego cya gatatu. Iminota yasigaye yihariwe na Lionel Messi atsinda ibitego bitatu; ku munota wa 78,’81’ no ku wa 89.’ Ibyo byatumye Inter Miami yegukana igikombe cya shampiyona cya MSL.
Uko gutsinda ku ikipe ya Inter Miami ivuye inyuma, byatumye abatari bake bajya ku mbuga nkoranyambaga basaba Cristiano Ronaldo ukina mu ikipe ya Al-Nassr yo muri Shampiyona ya Saudi Pro League yo muri Saudi Arabia kurebera kuri Messi.
Bamwe muri bo bavuze ko ibyo bitego bitatu bya Messi byatunguye Cristiano Ronaldo ukina mu ikipe ya ‘Al-Nassr’ iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona ya Saudi Pro League.
What's Your Reaction?










