Mendy wigeze gukinira Chelsea yababajwe n'igitego cyo ku munota wa nyuma cy'ikipe ya Cristiano Ronaldo

Umuzamu w'ikipe ya Al-Ahli, Mendy yakoze uko ashoboye ngo atahane amanota atatu nta n'igitego atsinzwe ariko umunota wa nyuma wamuhinyuje umutesha amanota atatu.

Sep 14, 2024 - 12:57
Sep 14, 2024 - 13:33
 0
Mendy wigeze gukinira Chelsea yababajwe n'igitego cyo ku munota wa nyuma cy'ikipe ya Cristiano Ronaldo

Edouard Mendy wagiriye ibihe byiza mu ikipe ya Chelsea yafashwe n'ikiniga aririra muri shampiyona yo muri Saudi Arabia yitwa ‘Saudi Pro League’ kubera gutakaza amanota atatu mu mukino ikipe ye Al-Ahli yanganyijemo n’iyo Cristiano Ronaldo akinamo ya Al-Nassr.

Uyu muzamu w’ikipe y’igihugu ya Senegal, yabaye umuzamu mwiza mu ikipe ya Chelsea, anatorwa nk’umuzamu mwiza ku Isi w’umwaka wa 2021 (Best FIFA Men’s Goalkeeper 2021). Nyuma yaje kujya gukina mu ikipe y’i Riyadh muri Saudi Arabia, Al-Ahli ikina shampiyona y’ikiciro cya mbere y’icyo gihugu cya Saudi Arabia.

Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 13 Nzeri 2024, nibwo iyo kipe ya Mendy yacakiranye n’iya Cristiano Ronaldo yitwa Al- Nassr, Mendy yiyemeza ko atagomba kwinjizwa igitego.

Al Ahli yitwaye neza mu minota ibanziriza iya nyuma y’umukino, ibona n’igitego. Ni ibintu byasembuye abakina basatira ba Al-Nassr barimo Cristiano Ronaldo, Sadio Mane na Anderson Talisca bituma batera igitutu ubwugarizi bwa Al-Ahli maze ku munota wa nyuma uwitwa Al Ghannam atsinda igitego cyo kunganya, umukino uhita urangira ari 1-1.

Amashusho yashyizwe hanze na Al Nassr Zone, agaragaza Edouard Mendy yafashwe n’ikiniga yunama kenshi, bagenzi be bakaza bakamwihanganisha, bakamwibutsa ko yitwaye neza mu mukino ariko ku bw’amahirwe make yatsinzwe igitego ku munota wa nyuma.

Sofascore yanditse ko yakuyemo imipira 4 yaganaga mu izamu, imwe bita iy’ibitego byabazwe, ku buryo iyo atagira ubuhanga bwihariye bwo gukuramo imipira yari kuvamo ibitego.

Fotmob yagaragaje ko icyo gitego yatsinzwe cyaturutse ku burangare bwa myugariro wa Al Ahli, Bassam Al-Hurayji warangaye yanga gufasha Mendy birangira bakinjije.

Ikipe ya Mendy, Al-Ahli izagaruka mu kibuga ku wa 16 Nzeri 2024, ikina na Persepolis mu mukino ufungura ‘AFC Champions League.’

Mendy yababajwe nuko yinjijwe igitego

Nyuma yo kwihanganishwa na bagenzi be, yunamutse asuhuza abafana baje gushyigikira Al- Ahli

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow