Madonna yashinje Donald Trump gusenya ubwigenge bw’Abanyamerika

Umuhanzikazi Madonna yagaragaje ko ababajwe n’icyemezo cyafashwe na Donald Trump cyo guca ubutinganyi muri Amerika.

Jan 29, 2025 - 11:07
Jan 30, 2025 - 09:42
 0
Madonna yashinje Donald Trump gusenya ubwigenge bw’Abanyamerika

Madonna uri mu bahanzi bakomeye muri Amerika yatangaje amagambo ashinja Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika iyobowe na Donald Trump kubangamira abaryamana n’abo bahuje ibitsina, we arabashyigikira akabasa gukomeza kurwanira imyemerere yabo.

Perezida Donald Trump warahiriye kuyobora Amerika ku wa 20 Gashyantare 2025, yiyemeje guca ubutinganyi yemeza ko muri Amerika habarizwa ibitsina bibiri; igitsinagabo n’igitsinagore gusa, ategeka ko ibindi byongeweho birimo n’iby’abatinganyi bicika.

Ni ibintu bikomeje kwinubirwa n’abatari bake barimo n’umunyabigwi mu muziki wa pop, Madonna, wakunzwe mu ndirimbo; True Blue, Open Your Heart na Live To Tell.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 66 uri mu bavuga rikumvikana, agafatwa nk’umwamikazi w’injyana ya pop muri Amerika, yagaragaje ku mugaragaro ko ashyigikiye abatinganyi, ariko atavuga rumwe na Guverinoma y’Amerika.

Yagize ati:”Birababaje kubona Guverinoma nshya isenya ubwigenge twarwaniye tukabutsindira mu myaka myinshi ishize.”

Yakomeje akangurira abatinganyi kudacika intege bagakomeza bakarwanira imyemerere yabo. Ati:”Ntimucike intege mukomeze murwanirire ibyo mwiyemeje.”

Kwijundika abatinganyi kwa Donald Trump kwatumye abarimo Ellen DeGeneres n’umukunzi we Potia bahunga igihugu bajya kwibera ku mugabane w’i Burayi mu Bwongereza.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow