Kwicuza ni kose ku muhanzi Jowest
Umuhanzi Giribambe Joshua uzwi nka Jowest nyuma yo gutandukana n’abamurebereraga inyungu mu muziki (Management) akamburwa uburenganzira ku mbuga ze nkoranyambaga aravuga ko yicuza cyane umwanya yahataye n’imbaraga ze.
Mu minsi yashize nibwo uyu Jowest yatangaje ku mugaragaro ko yamaze gutandukana na label yabarizwagamo yitwa IT Entertainment iyoborwa n’umushoramari Young Jaily bari bamaze igihe kinini bakorana.
Jowest kuri ubu avuga ko ari kwicuza kuko iyo agira amahirwe yo kumenya ko bizamubaho atari gukora ibyo yakoze byose azi ko imbaraga ze zose zizaba impfabusa. Gusa kuri ubu avuga ko yatangiye urugendo rwo kwikorana ku giti cye nta management afite.
Yakunzwe cyane mu ndirimbo zitandukanye zirimo agahapinesi ari nayo yamuzamuye, Pizza n’izindi zitandukanye.
What's Your Reaction?








