John Terry yanenze Leta y'u Bwongereza yakuye umuherwe Abramovich muri Chelsea

John Terry wabaye myugariro ukomeye wa Chelsea, yatunze agatoki leta y’u Bwongereza yahatiye Umurusiya Roman Abramovich kugurisha iyi kipe ubwo u Burusiya bwatangizaga intambara muri Ukraine, imaze imyaka irenga itatu n’igice.

Nov 13, 2025 - 17:51
Nov 13, 2025 - 17:56
 0
John Terry yanenze Leta y'u Bwongereza yakuye umuherwe Abramovich muri Chelsea

Abramovich yaguze Chelsea mu 2003, ayisanga ari ikipe itarubaka amateka akomeye mu Burayi, gusa ayivamo imaze kugira igitinyiro ku Isi yose.

Abramovich yashyiriweho ibihano na leta ya Boris Johnson wari Minisitiri w’Intebe muri Werurwe 2022, ubwo uyu muherwe yafungirwaga imitungo ye. Nyuma yaho gato, ikipe ya Chelsea yagurishijwe ku itsinda ryari riyobowe na Todd Boehly.

Ibihano byamushyiriweho biracyakurikizwa kugeza n'ubu muri leta iyobowe na Sir Kier Starmer, aho miliyari £2.5 yakuwe mu kugurisha Chelsea zikibitse kuri konti y’ububiko bw'u Bwongereza. Terry wabanye n'uyu muherwe ndetse ari kapiteni wa Chelsea, yavuze ko atishimiye na gato uburyo Abramovich yakuwe muri iyi kipe.

Yagize ati "Numva ari umwe mu bantu beza cyane umuntu yakwigera ahura na bo mu buzima bwe."

Muri kiganiro yagiranaga na John Obi Michael na we wakiniye iyi kipe, yakomeje agira ati "Numva ari ibintu biteye isoni byabaye kuri we, ni ko nabivuga. Nk’igihugu cy’u Bwongereza dukwiye kwitandukanya n’ibikorwa byacu aho twamugiriye nabi."

John Terry akomeza agaragaza ko uyu muherwe yari umuntu ufasha birenze no kuba yarashoraga imari mu Bwongereza, ngo kuko yanafashije iki gihugu mu gihe cya guma mu rugo, aho abaganga bararaga muri Sitade Stamford Bridge ya Chelsea.

John Terry yanenze Leta y'igihugu cye yirukanye umuherwe Roman Abramovich kubera ibibazo bya politiki 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com