Itsinda rya B2C ryahishuye ko ryari rigiye guca aho Urban Boyz yaciye

Itsinda ry'abanyamuziki bo muri Uganda, B2C rigizwe n'abasore batatu ryatangaje ko ryavuye ahakomeye hari kuritandukanya.

Apr 26, 2025 - 10:24
Apr 26, 2025 - 13:10
 0
Itsinda rya B2C ryahishuye ko ryari rigiye guca aho Urban Boyz yaciye

Abasore batatu; Bobby Lash, Mr. Lee na Delivad Julio, babarizwa mu itsinda rya B2C bahishuye ko nyuma yo gutandukana n'uwabarebereraga inyungu mu muziki, Andy Events, bashatse gutandukana ngo buri umwe akore umuziki ku giti cye ariko barabyirengagije bakomeza gukora umuziki.

Itsinda rya B2C ryakunzwe mu ndirimbo: Gutamiiza,Gutujja, Munda Awo, Awo n'izindi ryagize riti:"Twagizweho ingaruka no gutandukana na Andy Events. Ni ibintu byadukozeho cyane dutekereza no gusenya itsinda. Twageze aho twicuza impamvu twatandukanye na we [Andy Events], ariko twagize umutima ukomeye dukomeza gukora umuziki."

Aba basore bari bagiye kumera nk'uko itsinda ryo mu Rwanda rya Urban Boyz ryakoze umuziki rikundwa n'abatari bake. Mu mpera za 2017, umwe mu bari barigize, Safi Madiba yarivuyemo risigara rijegajega, ubu rirakumbuwe.

Ku ruhande rwa B2C bakomeje gukora umuziki, ubu ni rimwe mu matsinda asigaye akomeye mu karere k’Afurika y’i Burasirazuba kubera ko andi matsinda yarakomeye yasenyutse, urugero ni nk’iryo muri Kenya ryamenyekanye nka Sauti Sol riherutse kuvuga ko ryatandukanye igisigaye ari uguhurira mu bitaramo.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow