Ishimwe ry'uwareze The Ben agahanirwa gutwara imodoka atambaye umukandara
The Ben yavuze ko yagiye kuri Polisi ahanirwa gutwara imodoka atambaye umukandara, uwamureze ashimira Polisi y'igihugu.
Ku wa Gatanu, tariki ya 17 Mutarama 2025 nibwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amashusho agaragaza The Ben atwaye imodoka atambaye umukandara, uwitwa Edman Ishimwe kuri X atabaza Polisi y'igihugu kumukurikirana, ku wa Gatandatu, tariki ya 18 Mutarama, The Ben yaciye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yabihaniwe. Uwo wamureze yahise ashima ko yumviswe.
Uyu witwa Edman yatunguranye atanga ubutumwa kuri X buhuririza The Ben. Yagize ati:" Mu Rwanda rwacu ntawe uba hejuru y'amategeko kandi ntabwo tugira umuco wo kudahana. Polisi y'igihugu, uyu yitwa Mugusha Benjamin azwi nka The Ben, atwaye imodoka atambaye umukandara, ndetse ari gukora amakosa akomeye igihe ayitwaye, mudufashe ahanwe."
Kuri urwo rubuga Polisi y'igihugu yahise imushimira ku makuru atanze yongeraho ko igiye kumukurikirana "murakoze ku makuru muduhaye, tugiye kubikurikirana."
Nyuma The Ben yaciye ku mbuga nkoranyambaga avuga ko yahanwe. Ati:"Ejobundi mwabonye amashusho ndikwamamaza indirimbo yanjye "Say My Name" nakoranye na Kivumbi King. Nari mu modoka ntambaye umukandara, ikizira mu mategeko n'amabwiriza agenga abatwaye ibinyabiziga."
"Nitabye Polisi kandi nabihaniwe. Mbasabye imbabazi mwese, mbasezeranya kutazongera gukora ayo makosa."
Edman wavuze amakosa yakoze, yongeye guca kuri X ashimira Polisi y'igihugu yumvise ubusabe bwe.
Ati:"Turashimira Polisi y'igihugu, The Ben yahaniwe amakosa yakoze kandi ayasabira imbabazi."
Polisi y'igihugu isaba abantu gutwara imodoka bambaye imikandara kugira ngo umushoferi agume mu ntebe n'igihe akoze impanuka abe yaguma aho ari ntakubite agatuza kuri vola, ntutuma kandi ajya mu bindi bice bishobora kumukomeretsa cyangwa se kumwica.
The Ben yahaniwe gutwara imodoka atambaye umukandara
Edman yashimiye Polisi y'igihugu yamusubije
What's Your Reaction?










