Inzovu yirukankanye umuhinzi iramwivugana
Abaturage bo mu gihugu cya Kenya mu gace ka Igembe North ho muri Meru bababajwe no guterwa n’inzovu zikabagirira nabi, ubu bakaba bari mu gahinda ko gupfusha umuntu wishwe na yo.
Ku wa Gatatu, tariki ya 05 Gashyantare 2025 nibwo umuhinzi yari mu murima we, maze inzovu iraza iramwirukankana ishirwa imushyikiriye ihita imwica.
Amashusho ari guhererekanywa ku mbuga nkoranyambaga aragaragaza inzovu iza yiruka isanga uwo muhinzi wari mu murima, yayibona akiruka ikamwirukaho, wumva abaturage bakomeza kuyivugiriza induru bayimutesha ariko igakomeza ikamutsinda hepfo mu murima.
Abaturage bo mu gace ka Igembe North ho muri Meru bakomeje gutakambira ubuyobozi babumenyesha ko bugarijwe n’inyamaswa basaba ko bwazikumira.
Hagati aho, ikigo gishinzwe ibijyanye n’inyamaswa muri Kenya ‘Kenya Wildlife Service (KWS) nta kintu cyirasubiza kuri icyo kibazo.
Kenya ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika bigira amashyamba manini [parike] abamo inyamaswa zitandukanye zirimo inzovu, intare, impala, imparage n’izindi. Izo zigira umumaro ukomeye wo gukurura bamukerarugendo.
Kubera ubwiyongere bw’abaturage usanga hari abatuye hafi y’izo parike. Abo baturage bataka ko baterwa na zo zikabangiriza imitungo bamwe zikanabica.
Abaturage bo mu gace ka Meru muri Kenya bari guterwa n'inzovu
What's Your Reaction?










