Impamvu Leta zo muri Amerika zahagurukiye TikTok

Hamaze kumenyekana ko Leta zo muri Amerika 14 zahagurukiye icyarimwe ziyemeza gukomanyiriza TikTok kubera kurarura urubyiruko.

Oct 9, 2024 - 14:25
Oct 10, 2024 - 09:30
 0
Impamvu Leta zo muri Amerika zahagurukiye TikTok

Ku wa Kabiri, tariki ya 08 Ukwakira 2024, Leta zigera kuri 14 zo muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika zatanze ikirego cyo kwambura urubuga rwa TikTok kompanyi yo mu Bushinwa 'ByteDance,' bitaba ibyo rugahagarikwa muri Amerika. Rurashinjwa kwica mu mutwe urubyiruko.

Umushinjacyaha wa California muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Rob Bonta wasobanukiwe n'icyo kirego yavuze ko iperereza ryakozwe ryagaragaje ko urwo rubuga rwa TikTok ruri koreka umubare munini w'urubyiruko.

Yagize ati:"Iperereza ryacu ryagaragaje ko uru rubuga rwa TikTok ruri kubiba ubugazwa ku mbuga nkoranyambaga aho urubyiruko rwigarurirwa na zo biciye mu gushukishwa amafaranga bakoreraho bamwe bagashiduka bashyizeho amashusho y'ubwambure bwabo."

"TikTok igambiriye kwigarurira abana kuko badafite ubushobozi bwo kwirinda, batwarwa n'ibyo babonye byose."

Bonta yavuze ko uru rubuga rwigarurira urubyiruko biciye mu kubongerera abakunze ibintu byabo, ababibonye no kugeza kuri benshi amashusho baba basangije abandi kuri urwo rubuga. Ibyo ngo bituma abana barwirirwaho bareba amashusho ndetse banashyiraho ayabo, bigatuma badakora indi mirimo.

Umushinjacyaha mukuru wa New York, Letitia James na we yahamije ko TikTok iri koreka urubyiruko. Ati:"Abana bato bari guhura n'ibibazo byo mu mutwe kubera kuba inganzwa y'imbuga nkoranyambaga nka TikTok."

"TikTok ivuga ko urubuga rwayo ari ruzima nta bibazo ruteza ariko ibyo ni ibinyoma."

Byahagurukije Leta 14 zitanga ikirego cyo gukomanyiriza urwo rubuga rwa TikTok n'ubundi bashimangira ko ruri kwica mu mutwe urubyiruko runabahindura abanebwe.

Umuvugizi wa TikTok, Michael Hughes yabwiye ibiro ntaramakuru AFP ko bababajwe no kumva bongeye kubijundika kandi bari mu nzira zo kumvikana.

Yagize ati:"Tubabajwe no kumva ko bongeye kutwijudika bashaka kudukomanyiriza kandi tumaze imyaka ibiri (2) dukorana n'abanyamategeko ngo turebe ukuntu twakemura icyo kibazo twubake ibintu byiza bifuza, bumva byaba biri mu mucyo bitangiza urubyiruko."

Si ibyo gusa urwo rubuga rushinjwa ku butaka bwa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, hari n'abarukeka ko ari igikoresho karundura gikoreshwa n'Abashinwa mu gutwara amakuru y'Abanyamerika.

Biteganyijwe ko muri Mutarama 2025 aribwo bizamenyekana niba ruzegukanwa na kompanyi yo muri Amerika cyangwa se ruzafungwa ntiruzongere gukoreshwa muri Amerika.

Imibare igaragaza ko Abanyamerika bakoresha urwo rubuga ari miliyoni 170.

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow