Impamvu Aliko Dangote atigeze agura ikipe ya Arsenal

Umuherwe wo muri Nigeria no muri Afurika, Aliko Dangote yavuze ko ababazwa nuko yashatse kugura ikipe ya Arsenal ntayigure, ubu akaba akomwa mu nkokora nuko agaciro kayo kazamutse.

Sep 24, 2024 - 18:05
Sep 24, 2024 - 22:54
 0
Impamvu Aliko Dangote atigeze agura ikipe ya Arsenal

Aliko Dangote yahishuye ko yicuza kuba atarabashije kugura ikipe ya Arsenal, ahubwo akayashora mu bindi bikorwa bye bibyara inyungu, ahamya ko nubwo atayifite mu mitungo ye ariko ari umwe mu bafana bayo bakomeye cyane.

Mu mwaka wa 2020, Aliko Dangote ukuriye ikigo cy’ubucuruzi cya ‘The Dangote Group’ yavuze ko afite ubushobozi bwo kwegukana ikipe ikina ikiciro cya mbere cya Shampiyona y’Abongereza ‘Arsenal,’ nyuma birangira atayegukanye.

Mu kiganiro Aliko Dangote yagiranye na ‘Bloomberg,’ yagaragaje ukwicuza guterwa nuko atigeze agura ikipe iri mu zikunzwe zo mu Bwongereza,‘Arsenal.’ 

Igihe yashakaga kuyigura yari ifite agaciro ka miliyari 2 z’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ariko ubu yamaze kuzamura agaciro irenga miliyari 2.6 z’Amadolari.

Dangote utunze arenga miliyari 13 z’Amadolari y’Abanyamerika, yahamije ko iryo zamuka ryakomye mu nkokora inzozi ze. Yagize ati:”Mu minsi yashize nigeze kuvuga ko ngiye kugura Arsenal ariko byarangiye ntayiguze kubera ko nahise nyashora mu bindi bikorwa birimo gusoza imwe mu mishinga ya ‘The Dangote Group.”

“Murabizi ko ibintu byahindutse mu ikipe, ikaba iri gukina neza kurusha mbere ari nako yinjiza amafaranga menshi, ibyo byayongereye agaciro.”

Aliko Dangote yavuze kandi ko atagishoboye kuyigura kubera ko agaciro kayo kamaze gutumbagira. Ati:”Ndatekereza ko ntabasha kugura ikipe ifite agaciro kari hejuru ya miliyari 4 z’Amadolari! Nahisemo kuzakomeza kuyifasha mu bundi buryo.”

Abajijwe niba kutayigura ntacyo byamutwaye, ati:”Mu by’ukuri, ndicuza kuba ntarayiguze igifite agaciro ka miliyari 2 z’Amadolari kubera ko kiriya gihe nari mfite ubushobozi bwo kuyigura, ariko bihurirana n’ibikorwa byo gukora imishinga muri ‘The Dangote Group,’ mpitamo gusoza iyo mishinga ibyo kuyigura biba birahagaze.”

Hashingiwe ku makuru yatangajwe na ‘Forbes,’ Arsenal yegukanywe na Stan Kreonke. Muri uyu mwaka wa 2024 ifite agaciro k’amafaranga angana na miliyari 2.6 z’Amadolari y’Amerika.

Mu myaka ibiri ishize y’imikino ya shampiyona y’Abongereza (English Premier League), yasoje ku mwanya wa 2, ibyo biyongerera ubushongore n’ubukaka.

Ubu Stan Kreonke ni we nyiri Arsenal

Aliko Dangote aricuza kuba ataraguze ikipe ya Arsenal

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow