Harimo ubwoba: Impamvu Umwami w'U Bwongereza, Charles III atahagurukiye rimwe n’Umwamikazi Camilla bajya muri Australia

Kuri uyu wa Gatanu, Umwami w’U Bwongereza, Charles III n’Umwamikazi we Camilla bagiriye uruzinduko muri Australia na Samoa, ariko amakuru yamenyekanye ko aba bombi batagereye icyarimwe muri Australia.

Oct 18, 2024 - 21:03
Oct 18, 2024 - 22:17
 0
Harimo ubwoba: Impamvu Umwami w'U Bwongereza, Charles III atahagurukiye rimwe n’Umwamikazi Camilla bajya muri Australia

Mu busanzwe Umwami Charles III akunda kuba ari kumwe n’Umwamikazi Camilla, ariko ngo ntibajya bakunda kugendana mu rugendo rurerure mu ndege nk’uko abajyanye n’uwo mwami muri Australia batigeze bamubonamo kubera ko agira ubwoba bwo kugendana n’abandi mu ndege.

Kuri uyu wa 18 Ukwakira 2024, Umwami Charles III w’imyaka 75 n’Umwamikazi we Camilla w’imyaka 77 bageze mu gace ka Sydney ho muri Australia baba batangiye urugendo rwa cyami muri Australia no mu birwa bya Samoa.

Igitangazamakuru ‘People Magazine’ cyanditse ko abakurikiraniye hafi urugendo rw’uwo mwami bavuga ko yageze muri Australia ku wa Kane, tariki ya 17 Ukwakira 2024, ngo yasohotse mu ndege ari kumwe n’abo bari bazanye batarimo Umwamikazi.

Bivugwa ko urugendo rwa cyami rwo muri Australia na Samoa rwegereje, Umwamikazi yahise ajya aho akunda kujya kwivuriza mu Buhinde mu gace ka Bangalore, aho hakaba hafi ya Australia, umuntu yambukiranya inyanja y’Abahinde akaba ageze muri Australia, ngo yaba yarakoresheje ubundi buryo burimo n’inzira y’amazi akagera muri Australia kubera ko agira ubwoba bwo kugenda mu ndege.

Ibi bivuze ko yakoze uko ashoboye asanga umwami muri Australia.

Biteganyijwe ko uru rugendo rw’Umwami n’Umwamikazi w’Ubwami bw’U Bwongereza muri Australia na Samoa ruzamara iminsi ikenda (9). Ni urugendo rugamije gusigasira umubano w’ibyo bihugu byombi,  dore ko yaba Australia na Samoa bibarizwa mu muryango w’ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth.’

 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow