Ikinyamakuru cyo muri Kenya cyatumye Leta y'icyo gihugu isaba imbabazi iya Uganda
Ikinyamakuru cyo muri Kenya "The Standard" cyanditse inkuru ku wa 28 Gashyantare ibyoroga Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi ituma Leta ya Kenya ifata iya mbere isaba imbabazi iya Uganda mu rwego rwo kwirinda imyigaragambyo.
The Standard ni kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Kenya cyanditse inkuru mu mpera z' icyumweru gishize cyiyiha umutwe uvuga ko Gen Muhoozi Kainerugaba ari 'Jenerarli witwara nabi' ituma abakunzi be batangaza ko bagomba guhurira i Kololo, Uganda, (kuri ambasade ya Kenya muri Uganda) bakigaragambya.
Leta ya Kenya yabicishije kuri Ambasaderi w'icyo gihugu muri Uganda basabira imbabazi icyo gitangazamakuru.
Ati:"Numvise ko The Standard ari iya Gideon Moi. Atekereza ko kunsebya ari ikintu cyoroshye? Ntabwo azongera gucururizwa muri Uganda! Tugiye guhagurukira ibikorwa bye!"
Nyuma y'iyo nkuru itarishimiwe, The Standard yakoze inkuru zishimagiza Gen Muhoozi, cyimuvuga imyato karahava.
Uretse ibyo yavuzemo byo kugifunga muri Uganda, hanateguwe imyigaragambyo muri Kenya.
Ku rundi ruhande, Leta ya Kenya yateye intambwe yo gusabira imbabazi icyo gitangazamakuru ntibagifungire ndetse ntihazabeho n'imyigaragambyo.
The Standard yanditse inkuru itarashimishije Gen Muhoozi
Icyo gitangazamakuru cyigaruye cyirata amashimwe Gen Muhoozi
What's Your Reaction?










