Icyo X Dealer ukurikiranyweho kwiba Telephone ya The Ben yifuza mbere yo gusubira imbere y'ubutabera

Ndagijimana Eric (X Dealer) ukurikiranyweho icyaha cyo kwiba telephone ya The Ben iri mu bwoko bwa I phone 14 pro max yavuze ko yifuza ko The Ben yakura ikirego mu butabera kuko yagitanze yashutswe.

Feb 2, 2024 - 14:47
Feb 2, 2024 - 20:22
 0
Icyo X Dealer ukurikiranyweho kwiba Telephone ya The Ben yifuza mbere yo gusubira imbere y'ubutabera

Ibi X Dealer yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Radio 10, avuga ko ubwo yarekurwaga byagateganyo ku wa 24 Ugushyingo 2023, yandikiye uyu muhanzi amusaba gukura ikirego mu bushinjacyaha ariko ntiyabikora gusa ubutumwa yarabubonye.

Yagize ati "Ubwo narekurwaga by'agateganyo nahise mwandikira ubutumwa musaba gukura ikirego mu bushinjacyaha kuko ajya kugitanga yashutswe n'ikipe ye ku bw'inyungu zabo. Ubutumwa yarabubonye gusa nta kintu yabikozeho."

X Dealer ukurikiranyweho icyaha cyo kwiba telephone ya The Ben yibiwe I Bujumbura ku wa 30 Nzeli 2023, ubwo yari yagiye gutaramira abakunzi be bo mu gihugu cy'u Burundi.

Uyu musore wari warekuwe by'agateganyo ku wa 24 Ugushyingo 2023, biteganyijwe ko azasubira imbere y'ubutabera kwiregura kuri iki cyaha ashinjwa muri Gicurasi 2024.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow