Turebe icyo amatekego avuga ku byaha Prophet Joshua akurikiranweho
Kuri uyu wa Gatanu nibwo Urwego rw'Ubugenzacyaha, RIB rwatangaje ko hagati ya tariki 17 na 18 Ukuboza 2025, rwataye muri yombi abantu batanu barimo na Heradi Sefu Josue wamamaye nka Prophet Joshua bakurikiranweho icyaha cyo kugayisha agaciro k'ifaranga ry'igihugu.
Ku ruhande rwa Prophet Joshua we, akurikiranweho n'icyaha cyo kudashobora gusobanura inkomoko y'umutungo we.
Ni iki amategeko avuga ku bahamwe n'ibi byaha?
Umuntu wese uhamwe n'icyaha cyo kugayisha agaciro k'ifaranga ry'igihugu, ahanwa n'ingingo ya 221 yo mu itegeko N°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigena ibyaha n'ibihano muri rusange.
Iri tegeko rivuga ko uhamijwe n'urukiko iki cyaha, ahanishwa igifungo kitari munsi y'umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda atari munsi ya miliyoni 1 ariko atarenze miliyoni 3.
Icyaha cyo kudashobora gusobanura inkomoko y'umutungo, ari nacyo Prophet Joshua yihariyeho muri bagenzi, gihanwa n'ingingo ya 9 yerekeye kurwanya ruswa.
lyo ukekwaho iki cyaha agihamijwe n'urukiko, ahanishwa igifungo k'imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n'ihazabu y'amafaranga y'u Rwanda yikubye inshuro eshatu kugeza kuri eshanu z'agaciro k'umutungo adashobora kugaragaza inkomoko yawo mu buryo bwemewe n'amategeko.
What's Your Reaction?










