Bishyurwaga ibyo bakoze: Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Libya, Al Badri yavuze ko ibyakorewe Nigeria ari byo bakorewe

Nyuma yuko ikipe ya Nigeria icunagujwe igafata umwanzuro wo gusubira mu rugo, kapiteni wa Libya, Al Badri yavuze ko na bo bacunagujwe igihe bari bageze muri Nigeria.

Oct 15, 2024 - 16:03
Oct 15, 2024 - 16:22
 0
Bishyurwaga ibyo bakoze: Kapiteni w'ikipe y'igihugu ya Libya, Al Badri yavuze ko ibyakorewe Nigeria ari byo bakorewe

Ikipe y'igihugu ya Nigeria, Super Eagles yinubiye uburyo yakiriwe ku kibuga cy' indege i Tripoli muri Libya mu mpera z' icyumweru gishize, ibintu byatumye ifata umwanzuro wo gusubira muri Nigeria, kapiteni wa Libya, Al Badri yavuze ko na bo bakiriwe nabi igihe bari bageze muri Nigeria.

Kutakirwa neza kw'abakinnyi b'ikipe y'igihugu ya Nigeria, ntibahabwe aho kuryama, bagaragara basinziriye mu ntebe zo ku kibuga cy' indege, barabyinubira bituma basubira mu rugo, abantu bibajije impamvu iyo kipe yakiriwe nabi, ariko kapiteni wa Libya, Faisal Al Badri yahise anyarukira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ibyo bakorewe na bo aribyo bakorewe bageze muri Nigeria.

Libya yageze muri Nigeria mu cyumweru gishize igiye gukina umukino wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika (AFCON 2025) bivugwa ko yafashwe nabi gusa yarahanyanyaje ikina umukino wayihuje na Nigeria ku wa Gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2024, ibyo ntibyigeze bimenyekana cyane nk'uko ibya Nigeria byamenyekanye.

Iya Nigeria yageze muri Libya mu mpera z' icyumweru gishize, bayimpa aho iruhukira, baryama mu ntebe amasaha arenga 16, nyuma bahise basubira mu rugo basubika umukino bari bafitanye na Libya, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 15 Ukwakira 2024.

Nyuma yo kwivumbura bagataha, kapiteni Al Badri yashyize hanze amashusho agaragaza abakinnyi b'ikipe ye ya Libya baryamye hasi, batahawe aho barara ngo kandi barihanganye bakina uwo mukino baranawutsindwa 1-0. Bivuze ko Libya yarimo kwishyura Nigeria.

Hagati aho, abakinnyi ba Nigeria bababajwe n'ibyo bakorewe bahagurukira rimwe baca ku mbuga nkoranyambaga bahamagaza Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Afurika (CAF) gukurikirana icyo kibazo bagafatira ibihano Libya yabafashe nabi.

Izi kipe; Libya na Nigeria zihuriye mu itsinda rimwe n'ikipe y'igihugu y'U Rwanda, Amavubi na Benin. Amavubi na Benin baraza gucakirana Saa Kumi n'ebyiri z'umugoroba kuri Sitade Amahoro.

Ikipe y'igihugu ya Nigeria ntiyishimiye uburyo yakiriwe mu gihugu cya Libya

Libya na yo ngo yakiriwe nabi igeze muri Nigeria

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow