Ibintu bikomeje gukomerana P.Diddy
Nyuma yo gushinjwa ibyaha bitatu by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ibigo bimwe na bimwe byatangiye kwitandukanya na Sean Love Combs [P.Diddy] uherutse kwikura ku mwanya w’ubuyobozi bukuru bw’ikigo cy’itangazamakuru yashinze, Revolt.
Kuri ubu ishuri Capital Preparatory Harlem Charter School ryasheshe amasezerano y’ubufatanye ryari rifitanye na Puff Daddy.
Ni itangazo ryasohowe na Dr. Steve Perry washinze iki kigo cyafunguwe ku mugaragaro na P.Diddy mu 2016 ndetse mu 2021 yatanze miliyoni 1$ yo gufasha iki kigo.
Iri tangazo rigira riti “Nyuma y’isuzuma ryakozwe, hafashwe icyemezo cyo guhagarika ubufatanye hagati ya Capital Preparatory Schools na Sean Combs.”
“Nubwo iki cyemezo gifashwe mu buryo butari bworoshye, turizera tudashidikanya ko ari inyungu z’ubuzima bw’umuryango wacu n’ejo hazaza.”
Capital Prep Harlem ni ikigo kiri mu Mujyi wa New York gifasha abanyeshuri bitegura kuba abanyamategeko cyangwa bitegura kwiga ibijyanye n’amategeko muri kaminuza.
Mu byumweru bibiri bishize, P.Diddy yashinjwe na Cassie wahoze ari umukunzi we kumuhohotera gusa nyuma y’amasaha make ikirego gitanzwe bahisemo gukemura ikibazo cyabo mu bwumvikane.
Nyuma yaho hahise haduka ibirego bibiri by’abagore bavuga ko uyu mugabo w’imyaka 54 yabahohoteye mu myaka 33 ishize.
Ni ibintu byemezwa na Roger Bonds wabaye mu ikipe ishinzwe umutekano wa P.Diddy wavuze ko yahohoteye abagore batandukanye.
What's Your Reaction?










