Ibihugu 5 byo muri Afurika bituwe n'abaturage bake kurusha ibindi

Mu gihe abatuye Isi bakomeje kwiyongera, muri Afurika hari ibihugu bifite abaturage bake kurusha ibindi bibarizwa kuri uyu mugabane uhungwa n'abawukomokaho ngo ufite ubuzima bukomeye.

Jul 14, 2025 - 23:24
Jul 15, 2025 - 05:48
 0
Ibihugu 5 byo muri Afurika bituwe n'abaturage bake kurusha ibindi

Umubare w'abatuye Afurika urimo kwiyongera umunsi ku wundi. Nigeria iyoboyeho ibindi bihugu kugira abaturage benshi barenga miliyoni 230, ariko hari ibindi bihugu byo kuri uyu mugabane bifite abaturage bake nk'uko byagenzuwe na Business Insider Africa.

Igihugu cya mbere gifite abaturage bake ni ibirwa bya Seychelles bituwe n'abarenga ibihumbi 129,000.

Ku mwanya wa kabiri ni igihugu cya Sao Tome & Principe gituwe n'ibihumbi 225,000.

Ku mwanya wa gatatu hari igihugu cya Cape Verde gituwe n'abarenga ibihumbi 522,000.

Ku mwanya wa kane hari igihugu cyitwa Comoros gituwe n'abarenga ibihumbi 850,000.

Naho ku mwanya wa gatanu hari igihugu cyitwa Djibouti gituwe n'abarenga miliyoni 1.

U Rwanda ni rumwe mu bihugu bituwe muri Afurika dore ko rutuwe n'abarenga miliyoni 14 nk' uko byahamijwe mu ibarura rusange ryabaye mu mwaka wa 2022.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow