IBANGA RY’UBUZIMA: Amategeko atanu ukwiriye kugenderaho mu gihe ushaka kubana n’umuntu amahoro

Niba ushaka kugirana umubano mwiza n'inshuti zawe, abantu mukorana, mugendana hari imipaka uba udakwiye kurenga kugirango umubano wanyu ugende neza.

Oct 3, 2025 - 09:05
Oct 3, 2025 - 09:43
 0
IBANGA RY’UBUZIMA: Amategeko atanu ukwiriye kugenderaho mu gihe ushaka kubana n’umuntu amahoro

Dore amategeko atanu ukwiriye kugenderaho mu gihe ushaka kubana n’umuntu amahoro.

1. Ntuzakine n’imyizerere y’umuntu cyangwa Imana uwo muntu yemera, Ntukumve ko ibyo wemera aribyo byiza kurusha iby’uwo muntu muri kumwe, mwereke ukuri kwawe uhagaze ho, natakwemera ntibizabe intandaro yo kumva ko uwo muntu yayobye. Ibi abanyamadini bitwigishe.

2. Ntuzakine n’umuryango we, ngo uwusuzugure, uwuteshe agaciro. Imiryango y’abantu n’agaciro gakomeye kumva ko wawusuzugura kubera ko udakize nk’uwawe, utabayeho nk’uwawe ibyo ni ukuyoba cyane.

3. Ntuzakine n’ubwenge bw’umuntu umupyinagaze ngo wumve ko ari wowe ufite ubwenge kumurusha. Uko waba ufite ubwenge kose n’undi nawe ujye umenya ko afite ubwenge kuko uko umubona muri kumwe, umuzi kubera ubwenge bwe yakoresheje.

4. Ntuzakine n’igihe cy’umuntu, kuko igihe cy’umuntu burigihe gihora gihenze nubwo wowe utabiha agaciro.

5. Ntugakine n’amafaranga y’umuntu, ntukumve ko umuntu nta mafaranga afite ngo umusuzugure kubera ko afite make kuri we, ayo ubona afite yayabiriye ibyuya.

Ntugakine n’amafaranga y’umuntu kandi wanga kumwishyura ayo yaguhaye kuko yayaguhaye yarayavunikiye. Ntugakine n’amafaranga y’umuntu kandi wanga kumwishyura ayo yakoreye kuko yakoresheje imbaraga zose yarafite.

Philemon Burgin

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow