Hari ibyo muzabona mutigeze mubona- Kapiteni wa APR FC agaruka ku mukino wa Pyramids
Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Ukwakira 2025, ikipe ya APR FC arakira Pyramids FC yo mu Misiri mu mukino w'ijonjora ry'ibanze rya CAF Champions League.
Uyu mukino uzabera kuri Kigali Pelé Stadium, utangire ku isaha ya saa munini z'amanywa. Mbere y'uko uba, benshi mu bakunzi b'umupira w'amagaru biganjemo abafana ba APR FC ndetse n'aba mukeba wayo Rayon Sports, impaka ni nyinshi bamwe bati "Muzabirya" abandi na bo bati "Muzabona itandukaniro rya APR."
Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Nzeri 2025, Kapiteni wa APR FC, Niyomugabo Claude yavuze ko abafana badakwiye kugira ubwoba kuko abakinnyi ubwabo batigeze batinya Pyramids.
Yagize ati: "Hari ibyo muzabona mutigeze mubona, rero ndumva nta kibazo kirimo, ahubwo namwe mutuze, mutuze mushyire umutima hamwe kabisa! Pyramids ni ikipe nziza hano muri Afurika ndacyeka ubu ariyo iyoboye! Twebwe ahubwo kuba dutombora amakipe makuru ni amahirwe kuri twebwe, bidutera imbaraga cyane! Byiza cyane!(...)
"Aho kugira ngo dutombore ya kipe muba mwirengagije iki iki Oya! Twebwe Imana ijye idufasha ahubwo dutombore za Al Ahly, za Mamelodi, za Kaizer, n'iyo mikino tuba dushaka kuri twe. Rero ku munsi w'ejo ndabwira abafana ba APR bazaze batange umusanzu wabo, natwe dukore akazi ushinzwe."
Mu mikino ine ya CAF Champions League imaze guhuza APR FC na Pyramids, nta kipe n'imwe iratsindirwa iwayo. Umukino wa mbere wahuje aya makipe yombi wabereye i Kigali ku wa 17 Nzeri 2023, urangira ari ubusa ku busa, bageze mu Misiri APR itsindwa ibitego 6-1, zongeye guhura none i Kigali zinganya igitego 1-1, bageze mu Misiri nanone APR itsindwa ibitego 3-1.
Pyramids na APR nta n'imwe iratsindira indi mu rugo
What's Your Reaction?










