Gisagara: Icyo ubuyobozi bw’akarere bugiye gukorera ibibazo by’abaturage bibangamiye iterambere ryabo

Umuryango nyarwanda FVA (Faith Victory Association) ushyira mu bikorwa umushinga PPIMA [Public Policy Monitoring and Advocacy] n’imboni z’imiyoborere bakoranye inama n’ubuyobozi bw’akarere ndetse n’itangazamakuru hagaragazwa ibyifuzo by’abaturage biri mu nkingi y’ubukungu, imibereho myiza n’iy’imiyoborere myiza n’ubutabera.

Nov 27, 2024 - 20:41
Nov 28, 2024 - 08:52
 0
Gisagara: Icyo ubuyobozi bw’akarere bugiye gukorera ibibazo by’abaturage bibangamiye iterambere ryabo

Iyo nama yabaye ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 25 Ugushyingo 2024, aho muri rusange mu karere hose hatanzwe ibyifuzo bigera kuri 469; mu nkingi y’ubukungu hakiriwe 179, iy’imibereho myiza hakiriwe 172 naho mu y’imiyoborere myiza n’ubutabera hakiriwe 118. Ibyahawe umurongo ku rwego rw’akagari n’umurenge ni 347, ibyazamuwe ku rwego rw’akarere ni 111.

Hagaragajwe ibyo byifuzo by’abaturage ngo bizitabweho mu itegurwa ry’igenamigambi, ingengo y’imari n’imihigo y’umwaka wa 2025/2026. Hari hagamijwe kandi guha umurongo ibyo bibazo niba hari ibyakemurwa vuba bikemurwe n’ibizamara igihe bizakomeze byitabweho.

Karangwa Martin uhagarariye abagize imboni z’imiyoborere myiza mu Karere ka Gisagara zagize uruhare mu gukusanya ibyifuzo by’abaturage, akaba ari na we wasobanuraga ibyo bibazo byakusanyijwe, avuga ko ibyo bibazo bibangamiye abaturage bikusanyirizwa mu mirenge yose 13 igize Akarere ka Gisagara kugira ngo bikemurwe maze iterambere ryabo risagambe.

Ati:”Tuba turi mu mirenge yose y’akarere, tukegeranya ibyifuzo by’abaturage kugira ngo bihabwe umurongo. Nk’ubu mu murenge wa Musha bafite ikibazo cy’umuriro w’amashanyarazi, barasaba kongererwa amashanyarazi akagera kuri buri rugo n’ahantu rusange. Mu murenge wa Mukindo bafite ikibazo cy’amazi meza, barasaba guhabwa amazi meza ku Kagari ka Mukiza.”

“Mu murenge wa Kigembe barasaba gushakirwa imbuto nshya y'imyumbati, imigozi y'ibijumba n'urubingo. Kubaka amarerero y'abana bato (Nyabikenke, Impinga na Gatovu). Barasaba kandi gufasha urubyiruko kubona igishoro cyo kwihangira imirimo.”

Umuyobozi ushinzwe gukurikirana ibikorwa mu muryango FVA ushyira mu bikorwa umushinga PPIMA, Gakwaya Jean Marie Vianney avuga ko ibyo byifuzo bikusanywa haherewe hasi mu baturage, hakaba hari ibyo bakemura ibindi bikagezwa ku rwego rw’akarere. Abona ko iyo gahunda iri gutanga umusaruro.

Ati:”Turi abafatanyabikorwa b’akarere ka Gisagara, akarere kaduha uruhushya tugafatanya n’abaturage bitwa imboni z’imiyoborere ubundi hagakusanywa ibyifuzo by’abaturage bagenzi babo; hari ibyo bunguranaho ibitekerezo bigakemurwa hari n’ibigezwa ku rwego rw’akarere.”

“Ubu ni ku nshuro ya kabiri muri uyu mwaka, ku nshuro ya mbere hakusanyijwe ibitekerezo byibanda ku mitangirwe ya serivisi kuva mu kwezi kwa Mbere kugeza mu kwezi kwa Gatandatu. Icyiciro cya kabiri rero ni ibyifuzo babona bibangamiye bifuza ko byajya mu ngengo y’imari.”

“Hari ibyo batubwira ngo byarakemutse tukumva ari ishema. Urugero hari aho bavugaga ngo ku kagari bafite umukozi umwe bakeneye umukozi wa kabiri, akarere kagahita kamutanga icyo kikaba cyirakemutse.”

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Habineza Jean Paul avuga ko kubafatanye n’abaterankunga hari ibibazo byagaragajwe bigiye guhita bikemurwa.

Ati:”Hari imihanda yasabwe iri mu ngengo y’imari y’umwaka utaha; mu rwego rwo koroshya imihahirane, hazubakwa uriya uva mu i Rango ugera mu murenge wa Mugombwa.”

“Ku bijyanye n’amashuri, hari ibyumba bisaga ibihumbi 20 bizubakwa ku bufatanye na Banki y’Isi kugira ngo abana bacu b’incuke babone aho bigira hegereye iwabo. Ibyo twizeye ko bizabarinda igwingira, bazamure ikigero cyabo cy’ubwenge.”

Iyi gahunda yo kwegeranya ibitekerezo by’abaturage batuye Gisagara ni urubuga rwiza abaturage bagaragarizamo ibibazo by’ingutu bikibangamiye iterambere ryabo. Iyo bigeze mu biganza by’abayobozi bihabwa umurongo.

Umuyobozi w'imboni z'imiyoborere myiza mu Karere ka Gisagara, Karangwa Martin avuga ko ibyifuzo by'abaturage byegeranywa mu rwego rwo guhabwa umurongo

Ni inama yahuje ubuyobozi bw'akarere, abanyamakuru n'abegeranyije ibitekerezo by'abaturage

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow