FERWACY yiteguye gufasha Nsengimana Jean Bosco wari umunyonzi mu Byangabo
FERWACY yamaze gufatira umuti ikibazo cya Nsengimana Jean Bosco watwaye Tour Du Rwanda akaba yari asigaye ari umunyonzi mu Byangabo.
Nsengimana Jean Bosco yinjiye mu mukino wo gusiganwa ku magare nyuma y'uko mu 2012 yigaragazaga mu mikino yo Kwita Izina, nyuma y'aho akaza kwinjizwa mu bakinnyi babigize umwuga.
Bosco wari usanzwe akora umwuga wo gutwara abantu ku igare, ubuzima bwe bwaje guhinduka atangira guhatana ku rwego rwa "Tour Du Rwanda" ndetse mu 2015 aza kuyegukana. Nyuma yaje no kujya ahagararira igihugu mu marushanwa atandukanye arimo na Shampiyona y'Isi ya 2015 yabereye mu mujyi wa Richmond muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Nsengimana Jean Bosco watwaye Tour Du Rwanda mu 2015
Uyu mugabo wakiniye n'amakipe yo hanze y'u Rwanda nko mu Budage na Afurika y'Epfo, nyuma yaje kujya yumvikana mu itangazamakuru avuga ko yavuye muri uyu mukino ubuzima bukamokomerana kugeza aho asubira kunyongera amafaranga ngo atunge umuryango we.
Federasiyo y'umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, FERWACY, yatangaje ko yamenye ikibazo yagize kandi yiteguye kumufasha mu mwuga yatangiye wo kuba umutoza mu mukino w’amagare aho ubu abarizwa mu ikipe nshya y’amagare ya Shaggy Star y’i Musanze.
What's Your Reaction?










