Donald Trump yigambye ko abitse igikombe cya Chelsea
Perezida Donald Trump yavuze ko yagumanye igikombe nyiri zina cy' amakipe (clubs) ubundi Chelsea ihabwa icyashishuweho.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump yavuze ko burya igikombe cya nyacyo cyakinirwaga mu gihugu cye cyitatwawe na Chelsea ahubwo yakigumanye mu biro bye kandi ibyo yabiherewe ububasha na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.
Mu kiganiro yagiranye na DAZN yagize ati:"Abarimo Perezida wa FIFA, Infantino, bafashe igikombe cyakorewe gutwara, barambaza bati: Wadufashaho gato iki gikombe? Turagifata tugishyira mu biro bya Perezida. Narababajije nti:Ese muzagitwara ryari? Bati: Humura kigumane iteka ryose mu biro byawe, tugiye gukora ikindi gishya kizatwarwa n'ikipe izegukana iri rushanwa."
"Bakoze ikindi gikombe. Birashimishije kuko icya mbere nyiri zina cyiri mu biro."
Chelsea yanditse amateka itsindira ku mukino wa nyuma w'igikombe cy' ama-clubs ikipe ya PSG ibitego 3-0, ihita yegukana icyo gikombe.
What's Your Reaction?








