DR Congo: Abarenga 38 biciwe mu rusengero rwa Kiliziya Gatolika
Umutwe witwaje intwaro wo mu gihugu cya Uganda, ADF ariko ubarizwa muri RD Congo urashinjwa kwitwikira ijoro, ukivugana abarenga 38 bari bateraniye mu rusengero rwa Kiliziya Gatolika ruherereye mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa R D Congo.
Umutwe wa ADF bivugwa ko ugendera ku matwara ya Kisilamu, uri kuvugwaho gutera urusengero rwa Kiliziya Gatolika ruherereye mu mujyi wa Komanda ho mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku Cyumweru tariki ya 27 Nyakanga 2025.
Aljazeera yatangaje ko waje kuri urwo rusengero, ku ikubitiro uhita wivugana abantu 20, ukoresheje imbunda n'imipanga.
Impirimbanyi y'ikiremwamuntu muri ako gace, Christophe Munyanderu yagize ati:"Abo bagizi ba nabi baje bagamije kwica Abakirisitu. Birababaje, babicishije imbunda n'imipanga."
Radio Okapi yatangaje ko abantu bamaze kuboneka ko biciwe muri icyo gitero ari 43. Hakaba hakomeje kubaho igenzura ngo barebe niba nta bandi bantu baguye muri icyo gitero.
Byateje imvururu muri ako gace hanasahurwa amaduka n'inzu z'abaturage. Ikindi kandi hanatwitswe zimwe mu nyubako zaho.
Umutwe wa ADF urashinjwa guteza imvururu mu gace ka Komanda hakanatwikwa urusengero
What's Your Reaction?










