Donald Trump yagarutse ku wo yabonye yagize ijoro rikomeye mu mukino wa Super Bowl
Perezida w’Amerika, Donald Trump yitabiriye umukino wa Super Bowl, ibyo yabonyeyo yabisangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga birimo imyitwarire ya Taylor Swift.
Donald Trump yikije ku bihe bikomeye yabonanye umuhanzikazi wo muri Amerika, Taylor Swift yagiriye ku mukino wa Philadelphia Eagles na Kansas City Chiefs avuga ko uwo muhanzikazi yari akomerewe kuri uwo mukino.
Mu ijoro ryo ku Cyumweru rishyira ku wa Mbere, tariki ya 09 rishyira ku wa 10 Gashyantare 2025, muri sitade ya Ceasars Superdome ifite imyanya 83,000 i New Orleans, muri Amerika habereye umukino w’umupira w’amaguru w’Abanyamerika wahuje ikipe ya Eagles na Chiefs.
Mu bakurikiye uwo mukino harimo na Perezida w’Amerika, Donald Trump wazindutse ahagera kare anifotorezwaho n’abatari bake. Hari kandi ibyamamare birimo Jay Z n’abana be barimo umukobwa we mukuru witwa Blue Ivy Carter. Hari kandi umuhanzikazi Taylor Swift wari waje gushyigikira umukunzi we, Travis Kelce ukina mu ikipe ya Chiefs.
Uwo mukino wabayemo igitaramo cy’amateka hagati y’igice cya mbere n’icya kabiri gikorwa na Kendrick Lamar na SZA, warangiye Eagles itsinze Chiefs amanota 40 kuri 22.
Mu butumwa Donald Trump yasangije abakoresha imbuga nkoranyambaga yagize ati:”Umuntu nabonye wagize ijoro rikakaye kurusha Kansas City Chiefs ni Taylor Swift. Yasohowe avugirizwa induru muri sitade. Gahunda yo kongera guhindura Amerika igihangange irakubita itababarira.”
Ayo magambo yasanishijwe n’ukuntu Taylor Swift yari mu bantu barwanyaga Donald Trump agashyigikira Kamala Harris mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye mu mpera z’umwaka ushize. Ni umwe mu biganjemo ibyamamare bajyaga ahabona bakavuga ko bamurwanya bashaka Kamala Harris, ariko byarangiye Trump yegukanye amatora.
Byafashwe ko yamwihimuragaho, yishimira ko yatsinzwe akavugirizwa induru.
What's Your Reaction?










