Diamond Platnumz yandikiye amateka muri Amerika, Darassa yapfushije mama we: Avugwa mu byamamare byo muri Tanzania

Mu gihugu cya Tanzania haravugwa amakuru atandukanye mu byamamare byaho. Igisubizo.com cyakwegeranyirije amwe muri yo.

Jun 21, 2025 - 16:05
Jun 21, 2025 - 19:20
 0
Diamond Platnumz yandikiye amateka muri Amerika, Darassa yapfushije mama we: Avugwa mu byamamare byo muri Tanzania

Naseeb Abdul Juma wubatse izina mu muziki nka Diamond Platnumz yaraye yandikiye amateka muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ataramira ku rubyiniro rw' iserukiramuco rya Hot 97 Summer Jam ryabereye muri Leta ya New Jersey.

Mu ijoro ryo ku wa Gatanu rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 21 Kamena 2025, nibwo Diamond Platnumz yahataramiye.

Yahise aba umuhanzi wa mbere wo mu Karere k'Afurika y'i Burasirazuba ubashije gutaramira muri iryo serukiramuco ryubatse ibigwi kuva mu myaka yatambutse.

Urebye mu bihe byashize, ryataramyemo abahanzi mpuzamahanga nka Drake, Nicki Minaj, Lil Wayne n'abandi.

Mbere yuko atarama, Diamond Platnumz yahawe igihembo na YouTube gikoze mu ibuye rya Zahabu cyizwi nka "Diamond Play Button" kubera ko yujuje abamukurikira kuri YouTube bangana na miliyoni 10. Ni igihembo yashyikirijwe n'umwe mu bakora muri YouTube witwa Tuma Basa.

Kugira abo bamukurikira byamugize umuhanzi wa mbere ukurirwaho cyane kuri urwo rubuga wo muri Afurika yo munsi y'Ubutayu bwa Sahara.  Ari imbere ya Burna Boy , Wizkid, Asake, Tyla, Eddy Kenzo, Tiwa Savage n'abandi.

Diamond Platnumz yataramiye muri Amerika anashimirwa na YouTube

Umuzingo muto (EP) wa Mbosso ukomeje kuvuna umuheha ukongezwa undi

Mbosso wahamije ko atakibarizwa muri label ya Diamond Platnumz yitwa Wasafi Classic Baby (WCB),  ku wa 12 Kamena 2025 yasohoye umuzingo muto (EP) yise "Room Number 3" ukomeje kumugira umuhanzi munini muri Tanzania.

Muri rusange ku mbuga zumvirwaho umuziki nka  Audiomack, YouTube, Spotify na Apple Music umaze kumvwa inshuro zirenga miliyoni 15.

Kubera ukuntu indirimbo ze ziri kumvwa, ni we muhanzi wo muri Tanzania ukunzwe cyane kuri Audiomack.

Nyuma yo kuva muri Wasafi ari gukorera muri label ye yashinze yise "Khan Music." Biragaragara ko atangiranye imbaraga zidasanzwe.

Darassa yapfushije mama we 

Umuhanzi wo muri Tanzania, Darassa uzwi mu ndirimbo nka Muziki, Kama Utinipenda, I Like It n’izindi, ababajwe n'urupfu rwa mama we nk'uko yabyitangaje aciye ku nkuta ze z'imbuga nkoranyambaga.

Yakomeje avuga ko kuri uyu wa Gatandatu aribwo hateganyijwe kuba umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma no kumushyingura mu gace kitwa Itigi.

Inshuti n'abavandimwe bakomeje kunyuza ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bumufata mu mugongo.

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow