Diamond Platnumz yacyeje Davido, Harmonize atangaza ko afitanye indirimbo na Rude Boy: Avugwa mu myidagaduro ya Tanzania
Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Kamena 2025 mu gihugu cya Tanzania hari kuvugwa amakuru anyuranye mu byamamare byaho. Igisubizo.com cyakwegeranyirije amwe muri yo.
Umuhanzi Diamond Platnumz yasubije amaso inyuma ashimira David Adedeje Adeleke uzwi nka Davido ko mu myaka 11 ishize yamufashije basubiranamo indirimbo "Number One" yamuhinduriye ubuzima.
Yagize ati:"Mu myaka 11 ishize nashakaga kumvikana mu bakunzi b'umuziki bo muri Nigeria, Davido yaramfashije anshyirira umurongo mu ndirimbo "Number One" impindurira ubuzima."
"Yiyishyuriye amafaranga y'urugendo rw' indege aza muri Tanzania dukorana iyo ndirimbo. Twamubajije ayo twamwishyura aradusubiza ngo nta kibazo! Nkunda ko ashaka ko abandi batera imbere ibyo bigahamya ko ari 001 muri Afurika. Abantu bavuga ko nta mwiza ubaho ariko ni mwiza. Imana iguhe umugisha."
Diamond Platnumz ashimira Davido ko yamwinjije ku isoko mpuzamahanga ry'umuziki
Ku rundi ruhande, ifoto ye yafotowe n'ikigo gifotora ndetse cyikanacuruza amafoto "gettyimages" igihe yarimo ataramira mu iserukiramuco "Hot 97 Summer Jam" i New Jersey, muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika ku wa 20 Kamena, irashakwamo akayabo.
Gettyimages irashaka kuyigurisha agera ku madolari 449, aya angana n'ibihumbi 639,604.14 RWF.
Ifoto ya Diamond Platnumz iri ku isoko ikaba igura arenga ibihumbi 600 RWF
Harmonize yateguje indirimbo yakoranye na Rude Boy
Umuhanzi wo mu gihugu cya Tanzania, Harmonize yatangaje ko hari indirimbo yakoranye n'umuhanzi wo mu gihugu cya Nigeria, Rude Boy wamamaye mu itsinda rya P-SQUARE.
Ni indirimbo yahishuye ko bayise “Best Couple.” Barateganya ko bazayisohora ku wa 27 Kamena 2025.
What's Your Reaction?










