Davido udasiba kuba hafi y'ibikomerezwa yahuye na Perezida w'u Bufaransa

Umuhanzi w'icyamamare ku Isi mu njyana ya Afrobeats, Davido yagiranye ibiganiro imbonankubone na Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, ku wa 23 Ukwakira 2025.

Oct 24, 2025 - 08:01
Oct 24, 2025 - 08:08
 0
Davido udasiba kuba hafi y'ibikomerezwa yahuye na Perezida w'u Bufaransa

Davido udasiba kuba hafi y'ibikomerezwa yari aherekejwe n'umugore we Chioma ndetse n'umujyanama we, mu biganiro bagiranye na Macron muri perizidanse y'u Bufaransa, "Champs-Élysées". 

Uyu muhanzi agaragaza ko yahuye na Perezida Emmanuel Macron, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko yagiranye ibihe byiza n'uyu mutegetsi, kandi ko baganiriye ku hazaza h'iterambere ry'inganda ndangamuco hagati y'u Bufaransa na Nigeria.

Perezida Emmanuel Macron na we mu 2018, yigeze kugendererera Nigeria ndetse asura inzu ndangamateka ya Fela Kuti ufatwa nk'impirimbanyi y'iterambere ry'injyanya ya Afrobeats.

Ariko kandi uku guhuza urugwiro kwa Perezida Macron na Davido, bamwe babibonera no mu mboni ya politiki cyane ko umuryango wa Adeleke umubyeyi wa Davido, ufite ijambo rikomeye mu miyoborere ya Nigeria.

Davido ari kumwe n'abamuherekeje ubwo bafataga ifoto y'urwibutso

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow

Anselme Tuyizere -Media Personality -Sports-Entertainment Tel: +250791737786, Email: anselmetuyizere07@gmail.com