Dangote yakubise inshuro Umunyafurika y’Epfo wari waramwitambitse mu bukungu
Umuherwe wo mu gihugu cya Nigeria, Aliko Dangote yongeye kwisubiza umwanya w’umuntu ukize cyane kurusha abandi muri Afurika. Ni umwanya yagarutseho yaramaze iminsi ari ku mwanya wa kabiri.
Aliko Dangote wamaze imyaka ayoboye abaherwe bo muri Afurika ariko mu minsi yashize Umunyafurika y’Epfo, Johann Rupert akamwitambita akamara amezi hafi atatu ari we uyoboranye agaciro k’amafaranga agera kuri miliyari 13.4 z’Amadolari ($13.4 billion), ubu yongeye [Dangote] kuyoborana agaciro k’amafaranga agera kuri miliyari 27.8 z’Amadolari ($27 billion).
Nyuma yo kumara iminsi yarashyizwe ku mwanya wa kabiri, Dangote yakomeje gushora imari ye mu gutunganya no kugemura ibikomoka kuri peteroli mu bice bitandukanye bya Nigeria birimo Lagos. Umusaruro yatangiye gukura muri ubwo bucuruzi buri kuzamura umutungo we umushyira mu baherwe 70 ba mbere ku Isi.
Hashingiwe kuri raporo yatangajwe n’urubuga Bloomberg ku wa Kane, 17 Ukwakira 2024, igaragaza ko ari mu baherwe 500 ba mbere ku Isi, we akaba ari ku mwanya wa 65.
Ni umwanya agezeho yaramaze igihe yarahabijwe na Johann Rupert. Ku wa 29 Nyakanga, yatakaje miliyari y’Idorari bituma muri Kanama 2024 habarurwa ko atunze miliyari 13.1 z’Amadorari ayoborwa na Rupert wabariwe muri miliyari 13.4 z’Amadolari.
Mu gihe abo baherwe bayoboye muri Afurika, Elon Musk ni we ubayoboye ku Isi yose. Uyu mugabo wahiriwe n’iterambere ry’ikoranabuhanga akaba ari we nyiri SpaceX, Tesla na Starlink ari ku mwanya wa mbere n’amafaranga angana na miliyari 242 z’Amadolari, Jeff Bezos ari ku mwanya wa kabiri na miliyari 210 z’Amadolari, uri ku mwanya wa gatatu ni Mark Zuckerburg ufite miliyari 204 z’Amadolari, naho ku mwanya wa kane hari Larry Ellison utunze agera kuri miliyari 185 z’Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Aliko Dangote yongeye kuba umuherwe wa mbere ukize cyane muri Afurika
What's Your Reaction?










