Burna Boy, Davido na Wizkid bahurijwe mu gitaramo kimwe n'umuhungu wa Perezida
Abahanzi b'ibikomerezwa muri Afurika ndetse no ku Isi muri rusange, Burna Boy, Davido na Wizkid bagiye guhurira mu iserukiramuco rimwe rizabera i Cotonou mu murwa mukuru wa Bénin.
Iri serukiramuco ry'iminsi ibiri ryiswe "WeLovEya Festival" rizaba ku wa 27 na 28 Ukuboza 2025, mu rwego rwo gusoza umwaka neza mu mujyi wa Cotonou.
Ni iserukiramuco ritegurwa n'umuhungu wa Perezida wa Bénin, witwa Lionel Talon usanzwe ari n'inshuti ya hafi ya Davido ndetse na Wizkid bombi bajya bitabira n'ibirori bye bwite nk'amasabukuru n'ibindi.
Si buri muntu cyangwa kompanyi ibasha guhuriza hamwe aba bahanzi b'amazina akomeye muri Afurika, kuko bigaragara ko bigonderwa n'abarigwije. Mu mpera za 2024, na bwo bari bahurijwe mu gitaramo kimwe i Lagos na Sosiyete ikomeye mu bucuruzi bw'ibikomoka kuri peteroli yitwa Oando PLC.
Muri iki gitaramo bikavugwa ko bose hamwe bari bishyuwe agera kuri miliyoni $17,200,000 (arenga miliyari 24 z'Amafaranga y'u Rwanda).
Uretse aba bahanzi bo muri Nigeria, hari n'abandi bazaririmba muri iri serukiramuco nka Innos'b wo muri DRC, Joé Dwèt Filé wo muri Haiti, DiDi B wo muri Côte d’Ivoire, n'abandi.
What's Your Reaction?










