Bobi Wine yemeye kurwana na Gen Muhoozi ahita yiha intego
Nyuma y'uko Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi asabye Bobi Wine ko bahurira mu cyumba bagakina umukino w'iteramakofe, Bobi Wine yabyemeye ahita avuga ko namutsinda azava mu bijyanye na politike.
Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'Umujyanama mu bya gisirikare wa Perezida Museveni, Gen Muhoozi yaciye ku rubuga rwa X rwahoze ari Twitter asaba umunya-politike, Bobi Wine ko bahurira mu cyumba cy'imirwano cy'iteramakofe, Bobi Wine yemeye ubusabe bwe, avuga ko naramuka amutsinze azava mu bya politike.
Iby'icyo gitekerezo cyo kurwana cyazwanwe n'Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi aho yanditse ko ashaka guterana amakofe na Bobi Wine.
Yagize ati:"Kwica Bobi Wine ni akazi koroshye cyane! Numvise avuga ko akunda umukino w'iteramakofe, ndamutumiye ngo azaze ducakiranire muri uwo mukino."
Bobi Wine ntiyaripfanye kuko na we yamusubije ko yiteguye guhatana na we.
Ati:"Ubusabe bwemewe. Nunkubita nzahita mpagarika ibijyanye na politike, ariko ningutsinda nawe uzahite ufata umwanzuro wo guhagarika ibiyobyabwenge."
Yahise amuha umwitangirizwa ngo avuge igihe yumva bazarwanira na we amubwire aho bazarwanira!
Mu butumwa Gen Muhoozi akunda gucisha ku rubuga rwa X (Twitter) hari ubugaruka kuri uwo muhanzi akaba n'umunye-politike, Bobi Wine. Bumwe muri bwo ntabwishimira nk'ubwo yigeze gutambutsa avuga ko iyo papa we (Museveni) atahaba yari kuba yaramuciye umutwe.
Kubera ukuntu abusukiranya kuri urwo rubuga bamwe bamaze kubifata nk'aho aba ari gutera urwenya. Hari abamaze kugaragaza ko bakunda ibyo ahanyuza barimo n’umunyamakurukazi wo muri Uganda, Sheilah Gashumba.
What's Your Reaction?










