BK Pro League Transfers : Kiyovu SC , APR , Bugesera zihariye ukuvugwa !
Mu gihe amakipe menshi yo muri BK League akiri mu biganiro byo gushaka abakinnyi bazayafasha mu mwaka utaha, Kiyovu Sports yo yamaze gutanga ubutumwa bukomeye ku bahanganye nyuma yo gusinyisha rutahizamu w'Umunyekongo Moïse Lola Kanda wari mu bakinnyi bagaragaje urwego rwo hejuru muri shampiyona ishize. Hagati aho, APR FC ishobora gutakaza Jean Gilbert Byiringiro uri kwifuzwa hanze y'u Rwanda, mu gihe Bugesera FC ikomeje gushakisha umutoza mushya no kuvugurura ikipe yayo mbere y'uko umwaka mushya w'imikino utangira.
Mu gihe amakipe akomeje kwiyubaka mbere y'itangira rya shampiyona y'umwaka w'imikino wa 2026/27, Kiyovu Sports yamaze gutangaza umukinnyi wayo wa mbere mushya nyuma yo gusinyisha rutahizamu w'Umunyekongo, Moïse Lola Kanda, wari umaze igihe akinira Gicumbi FC.
Uyu rutahizamu yasinye amasezerano y'imyaka ibiri nyuma yo gutandukana na Gicumbi FC yari yarangiranye amasezerano. Ni umukinnyi wari mu bitwaye neza muri shampiyona ishize ya BK League, aho yatsinze ibitego umunani anatanga umupira umwe wavuyemo igitego.
Lola Kanda aje muri Kiyovu Sports afite ubunararibonye bwaturutse mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika. Mbere yo kugera mu Rwanda, yakiniye amakipe arimo CARA FC yo muri Congo-Brazzaville, JS Group Bazano yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na ZESCO United na Green Eagles zo muri Zambia.
Uretse uyu mukinnyi mushya, Kiyovu Sports yanongereyemo amasezerano y'abakinnyi bayo b'ingenzi barimo Djihad Nzeyurwanda, David Byiringiro uzwi nka Kamoso, Chérif Bayo, Keddy Nsanzimfura na Regis Mboningabo, bose bongererwa imyaka ibiri.
Bugesera FC iracyashakisha umutoza mushya
Ku rundi ruhande, Bugesera FC ikomeje gushaka umutoza uzayitoza mu mwaka utaha w'imikino. Amakuru ava hafi y'iyi kipe avuga ko iri gutekereza kuri Moussa Gatera wahoze atoza AS Muhanga.
Gatera yatandukanye na AS Muhanga nyuma y'uko iyi kipe imanukiye mu Cyiciro cya Kabiri isoje shampiyona ya 2025/26. Uyu mutoza afite uburambe muri ruhago nyarwanda kuko yatoje amakipe arimo Espoir FC, Gorilla FC na Rutsiro FC.
INDI NKURU WASOMA :U Rwanda rurashinjwa guhonyora uburenganzira bwa Ingabire Victoire na Rusesabagina
Nubwo izina rye rikomeje kuvugwa, ubuyobozi bwa Bugesera FC buracyafata umwanya wo gusuzuma amahitamo yose mbere yo gufata icyemezo cya nyuma. Hari kandi amakuru avuga ko Camalade Banamwana, wahoze atoza iyi kipe, na we akiri mu bo ubuyobozi buri gutekerezaho nubwo anifuzwa na Sunrise FC.
Byiringiro wa APR FC yifuzwa muri Sudani na Tanzania
Muri APR FC na ho hari amakuru y'isoko ry'igura n'igurisha ry'abakinnyi. Myugariro ukina ku ruhande rw'iburyo, Jean Gilbert Byiringiro uzwi nka Kajeje, bivugwa ko ari kwifuzwa n'ikipe ya Al-Merrikh SC yo muri Sudani.
Iyi kipe itozwa na Darko Nović, wari umutoza wa APR FC mu mwaka ushize w'imikino. Uretse Al-Merrikh, amakuru avuga ko na Azam FC yo muri Tanzania iri gukurikiranira hafi uyu mukinnyi.
Byiringiro amaze imyaka ibiri muri APR FC, kandi asigaranye umwaka umwe ku masezerano ye, nubwo harimo amahirwe yo kuyongera.
Bugesera FC yatandukanye na Umar Abba
Hagati aho, Bugesera FC yamaze gutandukana ku bwumvikane na rutahizamu w'Umunya-Nigeria Umar Abba.
Uyu mukinnyi ntiyakinnye na rimwe muri shampiyona ishize kubera imvune ikomeye yagize ku kagombambari. Yari yagarutse muri Bugesera FC muri Mutarama avuye mu igeragezwa ryari rimaze igihe gito muri Arabia Sawudite.
Mbere yo kugira ikibazo cy'imvune, Abba yari yatangiye neza kuko yari amaze gutsinda ibitego bitatu mu mikino itandatu ya shampiyona. Ni na we wari warasoje umwaka w'imikino wa 2024/25 ari we rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y'u Rwanda.
What's Your Reaction?










