Benshi mu Banyarwanda bishimiye ihagarikwa rya Inzozi Lotto
Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rubinyujije muri Komisiyo ishinzwe Tombola y’Igihugu n’Imikino y’Amahiriwe (NLGC), kuri uyu wa kane tariki ya 2 Ukwakira 2025, rwatangaje ko kompanyi Inzozi Lotto (Carousel Ltd) yahagaritswe mu bikorwa byo gukora Tombola y’Igihugu.
Iyi kompanyi yari isanzwe igira imikino itandukanye aho abantu bashoraga amafaranga macye macye bategereje kubona menshi yikubye ayo bashoye.
Aya mafaranga bashoraga n'ubwo yabaga ari macye, ariko kubera gushaka gutombola ndetse no kubatwa na byo, bamwe bisangaga bashoye utwabo bagasigara nta n'urwara rwo kwishima n'ubwo hari n'ababikuyemo amamodoka.
RDB igishyira hanze itangazo rimenyesha ko iyi kompanyi yahagaritswe, abakoresha cyane urubuga rwa X yahoze yitwa Twitter, bagaragaje ko bari baratinze kuyihagarika ahubwo.
Nk'uwitwa Hon. Uwukuri Honore yagize ati: "Bigenze ute? ko mwari mwaratinze kubihagarika."
Undi na we witwa Exwawe yagize ati: "Ngo murimo gushaka undi mufatanyabikorwa, ibintu bya tombola ni mubihagarike, nimba mukunda urubyiruko rw'u Rwanda."
Uretse aba kandi hari n'abandi benshi baje bavuga ko na "Betting" muri rusange irimo n'umukino w'akadege na byo RDB yakabihagaritse. Si abo ku mbuga nkoranyambaga gusa kandi kuko n'abo uganira nabo imbonankubone benshi bavuga ko bishimiye ihagarikwa ry'iyi kompanyi ngo kuko yari 'Yarabamarije'.
What's Your Reaction?










