Burundi: Irari ryatumye umupolisi arasa mugenzi we
Mu gihugu cy'U Burundi, umwe mu Bapolisi yarashe mugenzi we n'inkumi bari kumwe, arangije kubica na we afata umwanzuro wo kwiyambura ubuzima.
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 29 Mata 2025 mu gihugu cy' U Burundi mu Ntara ya Bubanza, umupolisi yabonye mugenzi we yihagikanye inkumi ahita abivugana birangira na we yiyahuye.
Iyo nkuru yatangajwe n'igitangazamakuru cyo mu Burundi cyitwa RTI (Radio-Television ISANGANIRO) ngo abo Bapolisi babiri barindaga Komiseri wa Polisi w'Intara ya Bubanza bari kumwe mu kabari gaherereye hafi y'umurwa w'iyo ntara nka saa yinze z'ijoro.
Abari bahari babwiye icyo gitangazamakuru ko umupolisi umwe yabonye mugenzi we ari kumwe n'uwo mukobwa ukora muri ako kabari bakomeza kwiganirira baramwihorera, byamurakaje ahita arasa uwo mupolisi ndetse n'uwo mukobwa.
Uwo mupolisi yahise apfa umukobwa bamujyanye kwa muganga agwayo.
Amaze gukora ibyo, yahisemo kwirasa ariyica. Abaje gutabara basanze Abapolisi babiri bapfuye.
Abaturage bakomeje gusaba ko Abapolisi ko babuzwa kujyanwa imbunda mu kabari kuko iyo bamaze gusinda bakora urugomo.
Komiseri wa Polisi mu Ntara ya Bubanza yabwiye itangazamakuru ko Abapolisi basanzwe babujijwe kujyana imbunda mu kabari, ubwo uwo yari yateguye gukora ayo makosa.
Ni kenshi inzego z' umutekano zigira inama abashinzwe umutekano kutitwaza intwaro iyo batari mu kazi kugira ngo birinde kugwa mu mutego wo kuzikoresha ibibi.
What's Your Reaction?










