Arenga miliyari 5RWF: Amafaranga Davido yashoye mu bukwe bwe yabaye igitangaza kuri papa we

Umuhanzi wo mu gihugu cya Nigeria, Davido yahishuye ko ubundi bukwe yakoreye i Miami muri Amerika yabushoyemo abarirwa muri miliyari 5RWF.

Aug 9, 2025 - 16:27
Aug 9, 2025 - 18:31
 0
Arenga miliyari 5RWF: Amafaranga Davido yashoye mu bukwe bwe yabaye igitangaza kuri papa we

David Adedeje Adeleke umaze kubaka izina mu muziki w'Afurika n'Isi nka Davido yatangaje ko yatekerereje papa we, Adedeje Adeleke, amafaranga yatanze ku bukwe bundi bwo muri Amerika, arumirwa.

Yagize ati:"Nabwiye papa ko ingengo y'imari nageneye ubukwe bwanjye ari miliyoni 3.7 z'Amadolari y'Amerika (5,348,039,200RWF) arumirwa avuga ko atakora ibyo bintu ngo afate amafaranga angana gutyo ayashore ku bukwe."

"Papa yahise ankurira ingofero avuga ko ndi umuntu ukomeye, ufite amafaranga menshi."

Uwo papa wa Davido ari mu bakire bo muri Nigeria, atunze arenga miliyari 1.5 y'Amadolari ya Leta Zunze Ubumwe z'Amerika.

Davido n'umugore, Chioma Rowland bafashe indege berekeza muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika mu gace ka Miami baba ariho bakorera ubukwe nk'uko byagiye bigaragazwa n'amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 09 Kanama 2025.

Davido na Chioma bakoreye i Miami, Amerika, ubundi bukwe bwaje bukurikira ubwo bakoreye muri Nigeria muri Kamena 2024

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow