Amerika yemeye kohereza muri DRC umuti wa Ebola wari usanzwe ugenewe Abanyamerika gusa
Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) doze z’umuti wa Ebola ukiri mu igerageza, mu rwego rwo gufasha guhangana n’icyorezo gikomeje guhitana ubuzima bw’abaturage muri iki gihugu.
Uyu muti uzwi nka MBP134 ukorwa n’uruganda Mapp Biopharmaceutical rwo muri Amerika. Mbere wari waragenewe gusa Abanyamerika baba bagaragayeho ibyago byinshi byo kwandura Ebola, ariko ubu Washington yafashe icyemezo cyo kuwutanga kugira ngo ukoreshwe mu igerageza ryagenewe abarwayi bo muri DRC.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubuzima ya Amerika yavuze ko izi doze ziri gutangwa ku mpamvu z’ubutabazi ndetse no kwihutisha ubushakashatsi ku buryo uwo muti wakwifashishwa mu kurwanya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, kugeza ubu itarabonera urukingo cyangwa umuti byemejwe n’inzego zibishinzwe.
INDI NKURU WASOMA :Impanga z’abahungu zashyingiranywe n’impanga z’abakobwa ku munsi umwe
Nubwo Amerika itatangaje umubare wa doze zoherejwe, yavuze ko amakuru azakusanywa muri iri gerageza ashobora kuzafasha mu kwemeza niba uwo muti wakemererwa gukoreshwa ku rwego rwagutse.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryemeje ko doze z’uyu muti hamwe n’indi miti iri mu igerageza byatangiye koherezwa muri DRC, mu gihe inzego z’ubuzima zikomeje gutegura uburyo abarwayi bazitabira ubu bushakashatsi.
Imibare iheruka igaragaza ko kugeza ku wa 21 Kamena 2026, abantu 1048 bari bamaze kwandura Ebola muri RDC, mu gihe 267 yari imaze kubahitana. Abandi 112 bo bamaze gukira barasezererwa mu bitaro.
What's Your Reaction?










