Amerika yatangaje imyorondoro y'abasirikare bayo bishwe na Iran

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje amazina y’abasirikare batandatu baguye mu gitero cyagabwe ku cyicaro cya gisirikare kiri i Port Shuaiba muri Kuwait, mu ntambara ikomeje guhuza Amerika na Iran ku ruhande rwa Israel.

Mar 4, 2026 - 07:22
Mar 4, 2026 - 08:29
 0
Amerika yatangaje imyorondoro y'abasirikare bayo bishwe na Iran

Aba basirikare bapfuye ku Cyumweru nyuma y’uko igitero cy’indege itagira umupilote (drone) kibashije kurenga ubwirinzi bw’ikirere kikangiza ku kigo cy’imirimo ya gisirikare (tactical operations centre).

Ubuyobozi bwa US Central Command bwari bwabanje gutangaza ko hapfuye abasirikare batatu, ariko bwemeje ko umubare wikubye kabiri nyuma y’uko umwe mu bakomerekeye mu bitaro apfuye, hakaboneka n’imirambo ibiri mu matongo.

Kuri uyu wa Kabiri, igisirikare cya Amerika cyatangaje amazina ya bane muri abo bapfuye, bose bari mu ngabo z’ikirenga za US Army Reserve. Abo ni Kapiteni Cody Khork w’imyaka 35, Saje Noah Tietjens w’imyaka 42, Saje Nicole Amor w’imyaka 39 na Saje Declan Coady w’imyaka 20.

Amerika ifite abasirikare barenga ibihumbi 13 muri Kuwait, igihugu bafitanye umubano wa gisirikare umaze igihe. 

What's Your Reaction?

like

dislike

love

funny

angry

sad

wow