Amakamyo 4 y'Abanyarwanda yatwikiwe muri Tanzania
Mu gihe muri Tanzania hakomeje kubera imyigaragambyo yiganjemo urubyiruko rudashaka ko Perezida Samia Suluhu Hassan n'ishyaka rye rya CCM bakomeza kuyobora iki gihugu, ibikorwaremezo n'imitungo imwe bikomeje kuhatikirira.
Kuva ku munsi w'amatora yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025, ni ubwo iyi myigaragambyo yakomeje gufata umurego maze abashyigikiye Perezida Samia na CCM, imitungo yabo iratwikwa nk'abahanzi barimo Juma Jux watwikiwe iduka rye rinini ry'imyenda riri i Dar es Salaam.
Urutse Juma Jux kandi, iduka ry'umuraperi Billnas ricuruza ibikoresho by'ikoranabuhanga naryo ryaratwitswe ndetse n'indi mitungo y'abashinjwa gushyigikira Samia.
Ku ruhande rw'abashoferi batwara imodoka nini zambukiranya imipaka bo mu Rwanda bahuriye muri Sendika ya ACPLRWA, na bo iyi myigaragambyo yabagezeho kuko amakamyo 4 yabo yamaze gutwikwa nk'uko byemejwe n'umuyobozi wabo Kanyagisaka Justin.
Uyu muyobozi mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru Bavuganeza Jonathan, yavuze ko aho abashoferi basanzwe bapakirira imizigo kuri ubu hatari gukora ndetse n'aho baparika hakoreshwa n'abanyamahanga hazwi nka Shimawudongo hafunze.
Abigaragambya muri Tanzania bakamejeje aho kuri ubu bageze ku munsi wa gatatu
What's Your Reaction?








